sangiza abandi

Inama Mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside no kwizihiza imyaka 30 ya IBUKA

sangiza abandi

Photos:

Photos: Nsengiyumva Jean Claude

Live Updates
15 days ago

Mu nama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside hanenzwe amagambo y'urwango avugwa na RDC ashinja u Rwanda

Mu nama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside, hatanzwe ikiganiro cyagarutse ku buryo ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeje gukwira mu Karere.

Umwanditsi w’ibitabo w’Umufaransa, Bruno Boudiguet, uri mu batanze ikiganiro, yavuze ko ari mu myiteguro yo gusohora igitabo kirimo isesengura ryimbitse ku hantu harenga 30 hiciwe Abatutsi n'intwaro zakoreshwaga.

Yagarutse kandi ku bibera muri RDC, n'amagambo ikoresha ishinja u Rwanda kwica no gusahura, avuga ko bifite inkomoko mu mateka, aho bamwe mu Bafaransa bagize uruhare mu guhakana Jenoside bagiye bakorana n'ubuyobozi bwa Congo.

Iki kiganiro kandi kirimo umwanditsi ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, David Gakunzi; umunyamategeko Innocent Nteziryayo; ndetse na Gen. Boubacar Faye ukomoka muri Sénégal, wakoze mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro mu Rwanda (MINUAR).

15 days ago

Dani Dayan yerekanye isano iri hagati ya Jenoside yakorewe mu Rwanda n'iya Israel agaragaza ko impande zombi zifite inshingano zo kuyirwanya

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Yad Vashem, Dani Dayan, yavuze Abanyarwanda n’Abanya-Israel bafite inshingano yo kwifatanya n’abandi bashobora guhura na Jenoside mu kuyirwanya.

Yakomeje agaragaza ko mu mwaka wa 2005, bisabwe na Mukagasana, hateguwe ihuriro ryahuje abarokotse Jenoside yakorewe Abayahudi n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Yavuze ko yahuye na bamwe mu bitabiriye iryo huriro, baganira nk’abantu bahuye n’amahano akomeye, basangira ubuhamya n’uburyo bwo gukomeza kubaho.

Yanibukije ko nubwo Jenoside isiga ibikomere bikomeye, inasiga inshingano zikomeye zo Kwibuka no kubana n’ayo mateka.

Ati “Kwibuka ntabwo ari igikorwa umuntu akora yicaye gusa; ni urugamba, ni inshingano ihoraho.”

15 days ago

Minisitiri Bizimana yerekanye ko muri RDC hakomeje kugaragara ibikorwa by'ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Minisitiri Bizimana avuga ko ihakana rya Jenoside rikomeje kugaragara cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, ndetse no mu bihugu birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), unakorana n’umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda.

Yagaragaje ko ubufatanye bwa RDC na FDLR ari amarorerwa akomeye, atanga urugero ko nta gihugu na kimwe cyo mu Burengerazuba bw’Isi gishobora gukorana n’aba Nazi, ngo amahanga abyirengagize.

Ati “Ariko dore RDC ku mugaragaro irakomeza gusesekaza politiki ya Jenoside bagakomeza bariya ba Nazi bo mu mutima wa Afurika, barangiza bakabashyira no mu ngabo zabo."

Yakomeje ashimangira ko ibikorwa nk’ibi bikwiye kwamaganwa byimazeyo ku rwego mpuzamahanga, kugira ngo hirindwe ko ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeza gukwirakwira no guhabwa urwaho.

15 days ago

Minisitiri Bizimana yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ariyo yarangije ikinyejana cya 20 ndetse iba iya mbere yemejwe na LONI

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Damascene, avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari yo yarangije ikinyejana cya 20, ndetse ikaba iya mbere yemejwe na LONI ko yabereye ku mugabane wa Afurika nyuma y’ishyirwaho ry’itegeko mpuzamahanga rihana icyaha cya Jenoside.

Ati “Urumva rero Afurika yihaye icyo cyasha cyo kuba ari yo ibanza kugira Jenoside ku butaka bwayo, kandi icyo cyaha kikaba kitazibagirana mu mateka.”

Yakomeje agaragaza ko umugore wa mbere wahamwe n’icyaha cya Jenoside n’urukiko mpuzamahanga kuva ayo masezerano yashyirwaho ari Umunyarwandakazi Pauline Nyiramasuhuko, wari Minisitiri ushinzwe iterambere ry’abategarugori.

Yongeyeho ko kugeza ubu nta gihugu na kimwe cyo ku mugabane wa Afurika kirabasha gucira urubanza uwakoze Jenoside.

15 days ago

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside yahujwe no kwizihiza imyaka 30 y'Umuryango IBUKA.

Iyi nama iri kubera mu Intare Arena yitabiriwe n’abayobozi batandukanye.

15 days ago

Ku Intare Arena hari kubera inama mpuzamahanga yiga ku kurwanya Jenoside yahujwe no kwizihiza imyaka 30 ya IBUKA

Mu nyubako ya Intare Arena hari kubera inama mpuzamahanga igamije kurwanya Jenoside, yitabiriwe n’abayobozi mu nzego zinyuranye, ndetse n’abandi benshi biganjemo urubyiruko.

Iyi nama iri kuba mu gihe u Rwanda ruri mu cyumweru cy’Icyunamo no Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

By’umwihariko, iyi gahunda yanahujwe no kwizihiza imyaka 30 Umuryango IBUKA umaze ushinzwe.

15 days ago

Perezida wa Ibuka yashimye ko abarokotse Jenoside babawe hafi bagahabwa amacumbi, uburezi, ubuvuzi n'ibindi bituma bagira ubuzima bwiza

Perezida wa IBUKA yashimye Leta y’u Rwanda ku ruhare rukomeye yagize mu gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abagaragariza ko yakomeje kubaba hafi mu mibereho yabo ya buri munsi, harimo kubaha amacumbi, ubuvuzi, uburezi n’ibindi.

Ati “Iyo nkunga mwaduhaye yaturinze guheranwa n'agahinda, iduha guhagarara twemye dufatanya n'abandi Banyarwanda gusana igihugu."

Yakomeje avuga ko ubu hari abarokotse Jenoside bamaze gukura, bakaba barashoboye kubaka imiryango yabo no kugira ubuzima bwiza.

Yongeyeho ko n’abafite ibikomere bidashira bakomeje gufashwa n’igihugu, kugira ngo babashe kubaho ubuzima bubahesha agaciro n’icyubahiro. #UmunotaNews

15 days ago

Perezida wa Ibuka yafashe mu mugongo abarokotse Jenoside yibutsa ko Kwibuka ari umwanya wo kongera kuzirikana amateka mabi yaranze u Rwanda

Perezida wa IBUKA, Dr. Gakwenzire Philbert yihanganishije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababuze ababo, barimo ababyeyi, abavandimwe n’inshuti bishwe bazira uko bavutse.

Ati “ Mu izina ry'umuryango wa Ibuka ndangirango mbanze mbakomeze by'umwihariko mwebwe mwarokotse Jenoside mukabura ababyeyi, abavandimwe n'inshuti bishwe urwagacinyaguro bazira kwita Abatutsi."

Yakomeje ashimangira ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari umwanya ukomeye wo gusubiza amaso inyuma, gusuzuma amateka mabi yaranze u Rwanda, kumenya inkomoko y’amacakubiri yagejeje kuri Jenoside, ndetse no kuzirikana ingaruka zikomeye yagize mu Rwanda no mu karere.

Ati " Byumwihariko ni umwanya wo kwegera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kubera ibikomere yabasigiye ku mubiri mu mitekerereze no ku mutima."

16 days ago

Karangwa Jean Marie Vianney yatanze ubuhamya bw'uko mu Mujyi wa Kigali abana b'Abatutsi bari barambuwe uburenganzira bwo kwiga

Karangwa Jean Marie Vianney, wavukiye mu Mujyi wa Kigali, yatanze ubuhamya bw’uburyo yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, agaragaza ko akiri muto yabaye mu bihe byaranzwe na politiki y’ivangura yatumaga Abatutsi bahezwa mu mashuri no mu bindi bikorwa by’imibereho.

Avuga ko mu 1992, ubwo hemererwaga ko hajyaho amashuri yigenga, imiryango y’Abatutsi yashinze ishuri ryigenga rya APACOPE, rigamije gufasha abana babo kwiga.

Yagize ati: “Nubwo byari nk’igisubizo ku babyeyi, ishuri ntiryorohewe. Bararyananije, ndetse n’abaryigagamo bakomeza kubananiza, kugeza ubwo abarangije ba mbere bajyanye dipolome zabo kwa Minisitiri ngo azisinye, arazanga, avuga ko abo banyeshuri bakopeye.”

Akomeza asobanura ko ibyo byose byari uburyo bwo kubuza abana b’Abatutsi uburenganzira bwabo bwo kwiga.

16 days ago

Abanyarwanda bateraniye muri BK Arena mu mugoroba wo #Kwibuka32 Jenoside yakorewe Abatutsi

Mu nyubako ya BK Arena, Abanyarwanda batandukanye bateraniye mu gikorwa cy’umugoroba wo #Kwibuka32, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iki gikorwa cyabaye gikurikira urugendo rwo Kwibuka ruzwi nka “Walk to Remember”, rwitabiriwe na Paul Kagame ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame, hamwe n’ibihumbi by’Abanyarwanda baturutse mu bice bitandukanye.

16 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye 'Walk to Remember'

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda mu rugendo rwo Kwibuka ruzwi nka “Walk to Remember”, rwabereye mu mujyi wa Kigali.

Uru rugendo rwatangiriye ku biro by’Akarere ka Gasabo rwerekeza ku nyubako ya BK Arena, mu rwego rwo Kwibuka no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

16 days ago

Perezida Kagame yijeje abarokotse Jenoside ko u Rwanda ruzakomeza kubaba hafi

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, avuga ko ubuhamya bw’abazize Jenoside bufasha Abanyarwanda guhora bibuka amateka yabo, anashimangira ko Kwibuka bifite igisobanuro gikomeye ku Banyarwanda bose.

Ati “ Nibwo buryo dukoresha mu guhangana no gutsinda amacakubiri yari agiye kutumara. Uyu munsi rero udutera imbaraga twese, dukura imbaraga mu barokotse bakomeza kutubera isoko y'ubumuntu igihugu cyacu kivomaho."

Perezida Kagame kandi yibutsa abarokotse Jenoside ko batari bonyine, agaragaza ko ibyagezweho byose bishingiye ku cyemezo Abanyarwanda bafashe cyo gushyira hamwe imbaraga, bagaharanira icyerekezo kimwe cy’iterambere n’ubumwe.

Ati "Tubwaha kandi duha agaciro urahare rwa buri Munyarwanda mu kongera kubaka igihugu cyacu."

16 days ago

Perezida Kagame yashimangiye ko nta wuzongera kwica u Rwanda n'Abanyarwanda ukundi

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ubwo yatangizaga Kwibuka ku nshuro ya 32, yashimangiye ko amateka y’u Rwanda ari ukuri kudashobora guhindurwa.

Yagize ati “Ibyo twumvise byose bifite aho bishingiye, ni ukuri. Abafite uko babihakana cyangwa babihakanya, ngira ngo bafite akazi gakomeye cyane ko gushaka guhindura amateka nk’ayo y’abaturage ngo bayagire uko bishakiye.”

Perezida Kagame yashimangiye ko ibihe byahindutse, kandi ko ibyabaye mu 1994 bitazongera kubaho mu Rwanda.

Yagize ati “Igihugu cy'u Rwanda ureba ntabwo gishobora gupfa kabiri, mbere yuko wakica u Rwanda ruzakwica, ntabwo wakica abantu kabiri, ntibibaho uko utureba aha ntabwo twapfa kabiri, habe aritwe bakuru, hari abana bacu ntawuzabica kabiri, ntibishoboka, ntabwo byakunda."

16 days ago

Ngiruwonsanga Théoneste yasangije ubuzima bw'uburyo batotezwaga kuva mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ngiruwonsanga Théoneste, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wari utuye mu cyahoze ari Cyangugu mbere ya Jenoside, avuga ko bari babayeho mu buzima bw’ubwoba.

Asobanura ko mu 1964, sekuru yishwe akajugunywa mu Kiyaga cya Kivu, kandi ko nabo nk'abana bahoraga batotezwa, n’abo biganaga ndetse n’abarimu babo.

Yagize ati: “Natwe aho twigaga ku mashuri twaratotezwaga, natwe abana twigana bakadutoteza, abarimu bakadutoteza bagira bati 'Bene wanyu bateye igihugu ariko muzabyishyura."

Akomeza avuga ko nyuma y’urupfu rwa Juvénal Habyarimana, batangiye guhunga, ajyana na se ndetse na mukuru we, bahungira muri segiteri ya Mukoma, berekeza ku rusengero rwa ADEPR bizeye kuhabona ubuhungiro.

Ati" Tuhageze ba nyiri urusengero mu gitondo ku munsi wakurikiyeho baraje baradusohora baravuga ngo ntabwo bashaka ko amaraso y'Abatutsi ameneka muri urwo rusengero."

16 days ago

Minisitiri Bizimana yavuze ko ibyakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, bisa n'ibikorerwa Abatutsi bo mu Burasirazuba bwa Congo

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Jean Damascène Bizimana, agaragaza ko ibimenyetso byirengagijwe mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi bisa n’ibiri kwirengagizwa ku kibazo cy’impunzi z’Abatutsi b’Abanye-Congo zimaze imyaka 33 mu buhungiro.

Yagize ati: “Zameneshejwe n'abarwanyi ba FDLR bagizwe n'abasize bakoze Jenoside mu Rwanda nyamara umuryango w'abibumbye wafashe ibyemezo byinshi byerekana ko FDLR ari umutwe witerabwoba ugomba guseswa."

Akomeza avuga ko Umuryango w’Abibumbye wagiye ufata ibyemezo bitandukanye bisaba ko imitwe irimo FDLR, XFR na Interahamwe ko iseswa, ikanahagarikirwa inkunga yose yaba iy’amafaranga, ibikoresho cyangwa indi yose ihabwa iyo mitwe haba ubwayo cyangwa mu nyungu zayo.

Minisitiri Bizimana avuga ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kwinjiza FDLR mu ngabo zayo, mu gihe MONUSCO ibirebera. Yongeyeho ko hari n’abayobozi ba Congo bakwirakwiza amagambo y’urwango asa n’ayakoreshejwe mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yo mu 1994. #UmunotaNews

16 days ago

Minisitiri Bizimana yatangaje ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bikwiye kubera isomo ibihugu by'amahanga

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Jean Damascène Bizimana, ashimangira ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi yahagaritswe na FPR Inkotanyi bigomba guhora byibutsa ibihugu inshingano bifite zo gukumira Jenoside.

Yagize ati: “Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye igahagarikwa na FPR Inkotanyi bikwiye kwibutsa ibihugu kubahiriza inshingano zo gukumira Jenoside, nk’uko biteganywa n’amasezerano mpuzamahanga y’Umuryango w’Abibumbye yemejwe tariki ya 9 Ukuboza 1998.”

Minisitiri Bizimana akomeza avuga ko mu Rwanda, hagati ya 1990 na 1994, Jenoside yateguwe igashyirwa mu bikorwa. Avuga ko nubwo amahanga yemeje ko yabaye, akanagira ibyemezo afata bijyanye no kuyikumira no guhana abayigizemo uruhare, agaragaza ko hari aho ibyo byemezo bitubahirizwa uko bikwiye kugeza n’ubu.

16 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bacanye urumuri rw’Icyizere banunamira abazize Jenoside

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bacana urumuri rw’icyizere ruzamara iminsi 100.

Mbere yo gucana urumuri rw’icyizere, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame babanje gushyira indabo ku mva rusange ndetse bunamira imibiri y’inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi ishyinguye ku rwibutso rwa Gisozi.

16 days ago

Abayobozi batangiye kugera ku Rwibutso rwa Kigali ku Gisozi ahagiye kubera ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32

Abayobozi batandukanye bageze ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi ahagiye gutangirizwa Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Aba bayobozi barimo abo mu nzego za Leta, abadipolomate n'abahagarariye imiryango mpuzamahanga.

Tariki ya 7 Mata buri mwaka u Rwanda rwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

16 days ago

Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baribuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bahuriye ku Rwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ni umunsi wo gutangiza Icyumweru cy'Icyunamo n’iminsi 100 y’ibikorwa byo Kwibuka.

Showing all 19 updates
Show Less
[fluentform id="3"]