Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, ari kumwe na Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa, bakiriye Abanyarwanda baba muri Maroc, barimo abanyeshuri, abibutsa gukomeza indangagaciro nyarwanda.
Uyu musangiro wabereye mu rugo rwa Ambasaderi i Rabat, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 21 Gicurasi 2026, basangira ifunguro rya nimugoroba banagirana ibiganiro.
Ibiganiro byibanze ku mibereho yabo muri iki gihugu, amahirwe ahari ku banyarwanda baba mu mahanga, ndetse n’akamaro ko gukomeza kwimakaza indangagaciro nyarwanda.
Aba banyarwanda bibukijwe izo ndangagaciro zirimo ubumwe no gukunda igihugu, gukora cyane no kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda.
Minisitiri Nduhungirehe, ari muri iki gihugu aho yitabiriye inama yiga ku bikorwa byo kubungabunga amahoro mu bihugu bikoresha igifaransa, yabereye i Rabat ku wa Gatatu.











