sangiza abandi

Mu 2025 u Rwanda rwageze kuri 7.6% mu kurwanya Malariya

sangiza abandi

Ikigo Gishinzwe Ubuzima mu Rwanda RBC, cyatangaje ko mu mwaka wa 2024/2025 u Rwanda rwarwanyije Malariya ku kigero cya 76 ku gihumbi bivuze 7.6%. Imibare yiyongeye ugereranyije n’uko yari imeze mu 2023/2024 aho yari kuri 4.5%.

Imibare ya RBC igaragaza ko kuva mu 2013, u Rwanda rwagiye ruhangana na Malariya ariko hagiye hagaragara impinduka bitewe n’impamvu zinyuranye.

Igaragaza ko kuva mu Mu 2013, u Rwanda rwari rumaze kugabanya Malariya kugera kuri 36 ku gihumbi. Mu 2016, imibare yariyongereye ku kigero cyo hejuru igera  kuri 400 ku gihumbi aho abayirwaye bageze kuri miliyoni 5. 

Nyuma leta yafashe ingamba zikomeye aho yashyizeho yongera kugabanuka igera kuri 45 ku gihumbi mu 2023–2024. Ariko none umwaka wa 2024-2025 yongeye kwiyongera aho ubu igeze kuri 76 ku gihumbi.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Kurwanya Malaria y’Izindi ndwara ziterwa n’udukoko muri RBC,  Dr. Aimable Mbituyumuremyi, yagaragaje ko u Rwanda rwafashe ingamba zitandukanye zigamije kurandura Malaria burundu ari nayo mpamvu ruza mu bihugu bya mbere ku Isimu kurwanya iyi ndwara.

Dr. Mbituyumuremyi yatangaje ko iri zamuka ryatewe n’uko umubu utera agakoko gatera wagaragaje  kugira ubudahangarwa ku miti imwe n’imwe yari isanzwe ikoreshwa. 

Yagize ati “ Izamuka rya Malariya ryatewe n’impamvu zitandukanye ariko iy’ingenzi cyane n’uko agakoko gatera Malariya kagiye kongera ubuhangarwa ku miti twari dusanzwe dukoresha kandi ibyo bituma uyirwaye adakira neza ku buryo yongera kuyirwara mu gihe gito”.

Yakomeje avuga ko “Iyindi mpamvu n’uko imibu itera Malariya nayo yakomeje guhangana n’imiti irwanya malariya harimo iterwa mu nzu ndetse iyi mibu yahinduye aho irumanira mu gihe ufata ingamba z’imbere mu nzu harimo kuryama mu nzitiramibu no gutera imiti, nayo yarahinduye ahubwo ikajya irumanira hanze”.

RBC  igaragaza ko umubare w’abarwaye n’abicwa n’indwara ya Malaria mu Rwanda ugenda urushaho kugabanyuka uko iminsi ishira indi igataha bitewe n’ingamba zishyirwaho zirimo gutanga inzitiramubu, kwegereza ubuvuzi abaturage, guterera imiti yica udukoko twa malaria n’izindi ngamba .

Imibare ya RBC igaragaza ko mu mwaka wa 2025- 2026, abarwayi ba malaria bageze kuri 928,616.

Iyi mibare igaragaza ko hari intambwe yatewe mu kurwanya malaria kuko mu mwaka wa 2024-2025 warangiye harwaye  1.131. 314.

Iki kigo kivuga ko uturere twa Gisagara, Gasabo, Bugesera, Ngoma, Kayonza, Nyagatare na Kirehe ari two twigajwemo na Malaria.

Imibare iheruka yo muri Werurwe 2026, RBC igaragaza ko Malaria  yiyongereye mu turere twa Ngoma aho yagaragayemo abarwayi 8,527, igakurikirwa na Kayonza ifite 5,839, Gasabo 5,709, Kicukiro 2,941 na Gisagara 2,769.

Dr. Mbituyimana yagaragaje ko u Rwanda rwafashe ingamba zitandukanye zigamije kurandura Malaria.

Ati “ Tugira ingamba zihariye dukoresha mu kurwanya Malaria, ingamba z’ingenzi n’izijyanye no gukoresha inzitiramibu zikoranye umuti. Izo tuzitanga buri myaka itatu. “

RBC ivuga ko izi nzitiramibu zikunze gutangwa mbere y’imyaka itatu ku byiciro bizahazwa na Malaria kurusha ibindi birimo ababyeyi batwite n’abana bari munsi y’umwaka umwe kuko bagira ubudahangarwa bucye.

Ivuga kandi ko yafashe ingamba yindi yo gutera imiti mu nzu z’abaturage igamije kwica udukoko twica malaria, ugaterwa rimwe mu mwaka.

Iki kigo kivuga kandi ko kinakoresha uburyo bwo gupima Malaria aho basanze bafite malaria bakavurwa bigizwemo uruhare n’abajyanama b’ubuzima.

Mu 2025 u Rwanda rwageze kuri 7.6% mu kurwanya Malariya

Photos:

[fluentform id="3"]