sangiza abandi

Mu Rwanda ubushomeri bwagabanyutseho 2.5% mu 2025

sangiza abandi

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko ubushomeri mu Rwanda bwagabanyutseho 2.5% mu 2025 aho Abanyarwanda badafite akazi (abashomeri) bageze kuri 676,340 bangana na 12.4%.

Ni raporo ya 2025 NISR yakoze iturutse mu bushakashatsi bwakozwe bugamije kugaragaza imibare y’abafite akazi, abatagafite (abashomeri) n’abari hanze y’isoko ry’umurimo.

Ubu  bushakashatsi bugaragaza ko mu 2025 mu bantu umunani bari ku isoko ry’umurimo umwe nta kazi yabaga afite.

Mu 2025 mu Rwanda abari bafite imyaka yo gukora ni ukuvuga kuva ku myaka 16 kuzamura bari bageze ku bantu 8,542,210 aho abari ku isoko ry’umurimo bari 5,449,044 bangana na 63.8%. 

Muri bo abari bafite akazi bari 4,772,704 bangana na 55.9% aho byiyongeye ugereranyije na 53.5% byari ho mu 2024. Ni mu gihe kandi abari hanze y’isoko ry’umurimo bari 3,092,165 bangana na 36.2%. Ibi bishatse kuvuga ko abari ku isoko ry’umurimo bafite imbaraga zo gukora bari miliyoni 5.4. 

Raporo igaragaza ko abagabo bakiri hejuru cyane ku isoko ry’umurimo kurusha abagore, nubwo ikinyuranyo kiri kugabanyuka kuko mu 2024 cyari kuri 14.3% mu 2025 cyikaba cyaragabanyutseho 1.2% ugereranyije na 2024.

Raporo kandi igaragaza ko ubushomeri ku bagore bukiri hejuru ugereranyije n’abagabo aho mu 2025 bwari kuri 14.2% mu gihe ku bagabo bwari ku 10.8%. Naho mu rubyiruko bwari 14.7% mu gihe mu bakuze bwari ku 10.8%.

Ikinyuranyo mu bushomeri hagati y’abagabo n’abagore cyageze kuri 3.3% kikaba cyaragabanyutseho 1.7% ugereranyije na 2024.

Iyi mibare kandi yerekana ko ku bijyanye n’ubushomeri mu mujyi no mu byaro mu 2025 byari ku kigero kimwe cya 12%.

NISR igaragaza ko ijanisha ry’abafite akazi ugereranyije n’abafite imyaka yo gukora (EPR) ryazamutse rikagera kuri 55.9% mu 2025, rivuye kuri 53.5% mu 2024.

Ku bagabo n’abagore imibare yariyongeye ku mpande zombi aho ku bagabo biyongeyeho 1.4% bakagera kuri 63.6% mu gihe abagore biyongeyeho 3.1% bagera kuri 49%.

Urwego rwa serivisi ni rwo rwatanze akazi ku bantu benshi ugereranyije n’izindi nzego, aho rwari rufite 44.4% bivuye kuri 42.9% byari ho mu 2024 by’abafite akazi bose. Ni mu gihe rwego mu buhinzi n’inganda byo ntacyahindutse kuko byagumye ku mibare byari bifite mu mwaka wabanje.

NISR igaragaza ko abantu bangana na 56% bari mu kigero cyo gukora badakoresha ubushobozi bwabo nk’uko bikwiye. Ibi bisobanuye ko bamwe nta kazi bafite abandi bakora amasaha make cyangwa se akazi bakora kakaba gakeneye ubumenyi buri hasi y’ubwo bafite.

Iki kibazo kiganje cyane mu bari n’abategerugori kuko 63.1% ntibakoresha ubushobozi bwabo nk’uko bikwiriye. Abagabo batabukoresha bo ni 48,5% by’abagejeje igihe cyo gukora. Abo mu rubyiruko badakoresha ubushobozi bwakabaye bangana na 56.7% mu gihe abakuze ari 55,5%.

Ugereranyije mu 2024 na 2025 muri iki cyiciro habayeho igabanyuka rya 1.8%.

NISR igaragaza ko mu myaka itanu ishize ubushomeri mu Rwanda bwagiye bugabanyuka aho mu 2021 bwari kuri 21.1% mu 2022 bugera kuri 20.5%  mu 2023 buramanuka bugera kuri 17.2% mu gihe 2024 naho bwakomeje kugabanyuka bagera kuri 14.9% mu gihe mu 2025 bwageze kuri 12.4%.

Ni mu gihe ku ruhande rw’abafite akazi ho biyongereye mu myaka itanu kuko bavuye kuri 42.6% bari ho mu 2021 bagera kuri 44.5% mu 2022, mu 2023 naho bariyongeye bagera kuri 49%. Mu gihe mu 2024 bageze kuri 53.5% ndetse kandi mu 2025 bageze kuri 55.9%.

Mu Rwanda ubushomeri bwagabanyutseho 2.5% mu 2025

Photos:

[fluentform id="3"]