Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryahagaritse Ntore Habimana na Axel Olenga Mpoyoi, banze kwitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu mu mikino yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’Isi.
Itangazo FERWABA yashyize hanze kuri uyu wa mbere tariki 22 Kamena 2026, rivuga ko aba bakinnyi bombi bakinira APR FC, bahamagawe mu ikipe y’Igihugu ntibitabira, kandi bari bahawe uburenganzira n’amakipe yabo.
Aba bakinnyi bahagaritswe mu gihe cy’umwaka batagaragara mu bikorwa byose bya Basketball mu Rwanda.
FERWABA yavuze ko iki cyemezo gifashwe hashingiwe ku mabwiriza ya FIBA ndetse n’imyanzuro y’Inteko Rusange ya FERWABA, asaba abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’igihugu kubahiriza inshingano zabo no kwitabira ubutumire mu ikipe y’Igihugu.
Si ubwa mbere aba basore bavugwaho iyi myitwarire kuko mu Ugushyingo 2024, nabwo banze kwitabira ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu yari iri kwitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.
Icyo gihe bwo bavugaga ko bananiwe kubera umwaka w’imikino muremure.










