sangiza abandi

Nyabihu: Abaregwa gukwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge basabiwe gufungwa imyaka 25

sangiza abandi

Mu Murenge wa Bigogwe, mu Karere ka Nyabihu, hakomeje urubanza rubera mu ruhame ruregwamo abantu umunani bashinjwa gutunda, gukwirakwiza no gucuruza ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, bikorwa hifashishijwe kinyabutabire cya ethanol.

Mu baregwa harimo abagabo batanu n’abagore batatu, gusa umwe mu baregwa akaba yaratorotse ari gushakishwa ni nzego z’umutekano.

Ubushinjacyaha buvuga ko abaregwa bagize uruhare mu bikorwa byo gutunda no gukwirakwiza izo nzoga, aho bamwe mu bamotari bafashwe batwaye ethanol, mu gihe abandi bashinjwa kuba baracuruzaga inzoga zakozwe muri icyo kinyabutabire.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko ibyo bikorwa byagize ingaruka zikomeye ku buzima bw’abaturage, burimo urupfu rw’abantu 11 buvuga ko bahitanywe no kunywa izo nzoga, mu gihe undi muntu umwe yahumye burundu.

Muri uru rubanza, bamwe mu baregwa bemeye ibyaha bashinjwa, mu gihe abandi babihakana. Bamwe mu bamotari bemeye ko batwaye bakanageza ethanol ku bayicuruzaga, ariko bakavuga ko babikoraga nk’abakora ikiraka kandi ko batari bazi icyo ikinyabutabire bari batwaye.

Hari n’undi mugabo wemeye ko yagurishije izo nzoga, ariko avuga ko atari azi ko zishobora guteza urupfu.

Muri uru rubanza kandi harimo umugore ushinjwa kuba yarahaye inzoga abantu bo mu muryango we, harimo baramube n’umugabo we.

Ubushinjacyaha buvuga ko baramube bahitanywe n’izo nzoga, mu gihe umugabo w’uyu mugore we yahumye. Uregwa avuga ko atari azi ko izo nzoga zishobora kugira ingaruka nk’izo zirimo n’urupfu.

Gusa ubushinjacyaha bwateye utwatsi ibisobanuro by’abaregwa, buvuga ko uburyo biregura budafite ishingiro kandi ko ibimenyetso byakusanyijwe bigaragaza uruhare rwabo mu byaha bashinjwa.

Mu bihano ubushinjacyaha bwasabiye abaregwa, bamwe basabiwe igifungo cy’imyaka 10 n’ihazabu ya miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, mu gihe abandi basabiwe igifungo cy’imyaka 25 n’ihazabu ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

Umwanzuro w’ururubanza  uteganyijwe gusomwa ku wa 10 Nzeri 2026 saa munani. Kuva hafatwa icyemezo cyo guca inzoga zitujuje ubuziranenge, uru nirwo rubanza rubereye ku karubanda 

Leta y’u Rwanda yashizeho ingamba zikakaye zo kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge aho abazikora n’abandi bose babifitemo uruhare bakazagezwa imbere y’ubutabera.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku wa 24 Kanama 2026, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rutazigera rwihanganira ikintu icyari cyo cyose gishobora gushyira ubuzima bw’Abanyarwanda avuga ko abantu bakora inzoga zitujuje ubuziranenge nta mwamya zizigera zihabwa ku butaka bw’u Rwanda kandi ko abazikora leta yiteguye guhangana na bo.

Photos:

[fluentform id="3"]