Ikipe ya Rayon Sports y’abagore ishobora kuzakina irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, CAF Women’s Champions League, n’ubwo yasezerewe itarenze amatsinda mu gushaka itike mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba no Hagati, CECAFA.
Amahirwe ya Rayon Sports yo kuzakina CAF Women’s Champions League aje nyuma y’uko hari amakuru avuga ko Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, yasabye u Rwanda ko rwazakira iri rushanwa.
Mu busanzwe, CAF Women’s Champions League yitabirwa n’amakipe 8, harimo amakipe 6 aba yarabaye aya mbere mu turere aherereyemo, ikipe imwe yatwaye igikombe giheruka ndetse n’ikipe yakiriye irushanwa.
Ibi bivuze ko mu gihe u Rwanda rwahabwa kuzakira rwaba rugomba kuzaba rufite ikipe iruhagararira, iyi kipe yaba ari Rayon Sports kuko niyo ifite igikombe cya Shampiyona.
Kugeza ubu amakipe 3 niyo amaze kubona itike yo gukina CAF Women’s Champions arangajwe imbere na AS Far yo muri Maroc ifite igikombe giheruka.
Andi makipe yamaze kubona itike ni Kawempe Mulsim Ladies FC yo muri Uganda iherutse kuba iya mbere mu karere ka CECAFA na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo yabaye iya mbere mu karere k’Afurika y’Amajyepfo, COSAFA.
Bibaye impamo u Rwanda rugahabwa kuzakira CAF Women’s Champions League rwaba rubaye igihugu cya mbere cyo muri Afurika y’Iburasirazuba, Hagati n’Amajyepfo cyakiriye iri rushanwa kuva ryatangira gukinwa muri 2021.
Kuri rundi ruhande, Rayon Sports WFC yaba ibaye ikipe ya mbere yo mu Rwanda igiye gukina iri rushanwa.
Mu mikino ya CECAFA yo gushaka itike ya CAF Women’s Champions League, Rayon Sports yabaye iya kabiri mu itsinda A bituma isezererwa itabashije kurenga amatsinda, nyamara umwaka ushize wa 2025 yari yagarukiye ku mukino wa nyuma.









