sangiza abandi

Samuel Gueulette yabonye ikipe nshya muri Romania

sangiza abandi

Umukinnyi ukina mu kibuga hagati mu ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Samuel Gueulette yatangajwe nk’umukinnyi mushya w’ikipe ya UTA Arad ikina icyiciro cya mbere muri Romania.

Samuel Léopold Marie Gueulette w’imyaka 26 yerekeje muri iyi kipe avuye muri RAAL La Louvière yo mu Bubiligi yari amaze imyaka 5 akinira.

Samuel Gueulette umaze guhamagarwa inshuro 12 mu Amavubi atandukanye na RAAL La Louvière nyuma yo kuyikinira imikino 142, yayitsindiye ibitego 7, atanga umupira umwe wavuyemo igitego.

UTA Arad yerekejemo ni ikipe yashinzwe mu 1945, ikinira kuri Sitade yitwa Francisc Von Neuman yakira abafana 11,500.

Kugeza ubu iyi kipe iri ku mwanya wa 14 mu makipe 16 akina Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Romania igeze ku munsi wayo wa 7.

RAAL La Louvière yashimiye Samuel Gueulette

Photos:

[fluentform id="3"]