Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani, ikina Shampiyona y’u Rwanda, yasezerewe na RS Berkane yo muri Maroc muri ¼ cya CAF Champions League ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino yombi.
Umukino wo kwishyura wabereye muri Stade Amahoro kuri uyu mugoroba, ni wo wafashije RS Berkane gusezererea Al Hilal itsinze igitego 1-0, mu gihe amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1 muri Maroc mu mukino ubanza.
Uyu mukino uyikomye mu nkokora, Al Hilal yari yawukinnye neza ariko itsindwa igitego mu minota y’inyongera gituma itagera ku nzozi zayo zo kwerekeza muri 1/2 cy’iyi mikino Nyafirika Ihuza amakipe yataye ibikombe iwayo, CAF Champions League.
Uyu mukino watangiye saa 18:00 uyobowe n’Umusifuzi w’Umunya-Cameroun Abdou Abdel Mefire, wifashishijwemo ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire, rizwi nka VAR (Video Assistant Referee) ku nshuro ya mbere mu Rwanda mu mikino y’amarushanwa, ariko risanzwe rikoreshwa muri iri rushanwa.
Umukino wari witaniriwe cyane n’abafana bari bigamjemo abakunzi ba Rayon Sports yari yahuje imbaraga na Al Hilal ngo zombi zikinire muri Stade Amahoro abafana barebe imikino yombi dore ko Gikundiro yari ifite umukino na Gasogi United.
Al Hilal imbere y’uwo murindi w’abafana, yitwaye neza mu mukino kuko ni yo yaremaga uburyo bwinshi bufatika bwabyara igitego, gusa igahusha ubu buryo. Icyakora yakinaga neza mu kibuga hagati kandi irusha RS Berkane kugeza igice cya mbere kiragiye amakipe yombi anganya 0-0.
Al Hilal yari ikiri mu murongo kuko yasabwaga gutsinda cyangwa kunganya 0-0 igakomeza. Gusa RS Berkane na yo yari izi neza ko igitego kimwe gihagije ngo ikomeze. Ibi byatumye umukino uryoha buri imwe ishaka kugitanga indi.
Ku munota wa 54 Al Hilal yabonye igitego cyatsinzwe na Adama Coulibaly ariko umusifuzi ahamagarwa kuri VAR ngo hagenzurwe ikosa ryabayeho mbere yacyo, ryakorewe umukinnyi wa RS Berkane mu rubuga rw’amahina rwa Al Hilal, birangira ryemejwe igitego gikurwaho, hatangwa Penaliti ya RS Berkane, ariko nayo umuzamu ayikuramo.
Byatumye Al Hilal ikanguka kuko yabonye ko Ishobora gutsindwa iramutse yiraye. Yakomeje kugerageza uburyo bwinshi ariko ntishyire mu rushundura. Emmanuel Flomo Uri mu bafasha iyi kipe kubona ibitego, yinjiye asimbuye ariko we na bagenzi bakomeza kukibura.
Iminota isanzwe y’umukino, Umusifuzi wa Kane, Messie Jessie Oved Nkounkou Mvoutou wo muri Congo yongeyeho iminota 7 ari na yo Mounir Chouiar yatsindinzemo igitego cya RS Berkane cyayihesheje intsinzi kuko ni ko umukino warangiye.
RS Berkane yasezereye ityo Al Hilal muri 1/4 cya CAF Champions League kuko igiteranyo cy’ibitego mu mikino yombi cyabaye ibitego 2-1 dore ko amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1 mu mukino wabanje wabereye muri Maroc.
RS Berkane igeze muri 1/2 izahura na AS FAR Rabat yasezereye Pyramids FC muri 1/4. Al Hilal yo, irakomeza imikinonyayo ya Shampiyona y’u Rwanda.













