sangiza abandi

Umunyamakuru Ndahiro Emmanuel uzwi nka ‘Taikun’ yarekuwe

sangiza abandi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko umunyamakuru Emmanuel Ndahiro uzwi ku izina rya Taikun yafunguwe nyuma y’uko rukoze ubuhuza hagati y’ukekwa n’uwakorewe icyaha.

Taikun Ndahiro ukorera Radio/TV 10 yarekuwe ku wa Gatanu tariki 2 Mutarama 2026.

Ndahiro yatawe muri yombi ku wa 1 Mutarama 2026 akurikiranyweho gusagarira abasekirite mu gitaramo cyateguwe n’Umujyi wa Kigali cyaberaga mu mbuga ya Kigali Convention Centre.

Yahise akurikiranwaho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa, kwangiza cyangwa konona ikintu cy’undi no gukoresha amagambo arimo ibikangisho.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yemeje ko koko uyu munyamakuru yamaze kurekurwa nyuma y’ubuhuza.

Ati “Ubuhuza ni inzira ziteganywa n’amategeko, mu ngingo ya 16 y’itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha ryo 2023. Iyi ngingo iteganya ko Umugenzacyaha afite ububasha bwo gutangiza ubuhuza hagati y’ukekwaho icyaha n’uwakorewe icyaha iyo abona ko ari bwo buryo bukwiye bwo kuriha uwangirijwe, kurangiza inkurikizi z’icyaha no gufasha ukekwaho icyaha kwikosora no kwisubiraho cyangwa iyo icyaha cyakozwe kidahanishwa igihano cy’igifungo kirenze imyaka itanu. Ibi ukekwaho icyaha ntabwo aba agomba kubikora nk’urwiyerurutso rugamije kwikura aho.”

Dr Murangira yakomeje avuga ko uyu munyamakuru yaganirijwe ku kijyanye n’imyitwarire ye.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]