Abanyarwanda iyo babonye umuntu ukomanye n’amakwa (Ugize ibyago) mbese ibye biguye mu makuba, bagira bati “Ziracyapfa bitanihira”. Uku niko bigendekeye Rayon Sports yari yiteze gukina na APR FC ku itariki ya 19 Ukwakira 2024, none umukino ukaba wasubitswe kubera gahunda z’ikipe y’igihugu y’Amavubi.
Hari hashize iminsi mike Ishyirahamwe ritegura imikino y’umupira w’Amaguru mu Rwanda; ‘Rwanda Premiere League’, ritangaje ko ryakiriye ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo gusubika umukino w’ikirarane wari kuyihuza na Rayon Sport FC ahubwo hagakomeza gukurikizwa ingengabihe isanzwe ya Shampiyona 2024-2025.
Mu itangazo ‘Rwanda Premier League’ yanyujije ku rubuga rwa X kuri uyu wa kane tariki 10 Ukwakira 2024, ryemeza ko uyu umukino wari guhuza Rayon Sports na APR FC wamaze gusubikwa kubera impamvu za gahunda y’ikipe y’igihugu y’Amavubi.
Riragira riti” Rwanda Premier League iramenyesha abakunzi b’umupira w’amaguru n’Abanyarwanda muri rusange ko kubera gahunda z’Ikipe y’igihugu y’Amavubi, isubitse Umunsi wa 6 w’imikino wa Shampiyona ndetse n’umukino w’ikirarane wari guhuza Rayon Sports na APR FC, tariki 19 Ukwakira 2024.”
Muri iri tangazo kandi bavuze ko imikino “igihe izasubukurirwa hazakomeza gukurikizwa ingengabihe isanzwe ya Rwanda Premier League”, bisobanura ko umukino w’ikirarane wa Rayon Sport na APR FC, uzigizwa inyuma nk’uko byari byasabwe na APR FC.
Shampiyona y’u Rwanda igiye kumara iminsi 52 itaba kubera imikino y’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ iri mu marushanwa arimo amajonjora ya CHAN 2024 na CAN 2025. Ikipe y’igihugu Amavubi ubu iri kubarizwa i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho izakina umukino ubanza na Benin mu gushaka itike y’igikombe cy’Africa CAN 2025.






