sangiza abandi

Inama Mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside no kwizihiza imyaka 30 ya IBUKA

sangiza abandi

Photos:

Photos: Nsengiyumva Jean Claude

Live Updates
15 days ago

Mu nama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside hanenzwe amagambo y'urwango avugwa na RDC ashinja u Rwanda

Mu nama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside, hatanzwe ikiganiro cyagarutse ku buryo ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeje gukwira mu Karere.

Umwanditsi w’ibitabo w’Umufaransa, Bruno Boudiguet, uri mu batanze ikiganiro, yavuze ko ari mu myiteguro yo gusohora igitabo kirimo isesengura ryimbitse ku hantu harenga 30 hiciwe Abatutsi n'intwaro zakoreshwaga.

Yagarutse kandi ku bibera muri RDC, n'amagambo ikoresha ishinja u Rwanda kwica no gusahura, avuga ko bifite inkomoko mu mateka, aho bamwe mu Bafaransa bagize uruhare mu guhakana Jenoside bagiye bakorana n'ubuyobozi bwa Congo.

Iki kiganiro kandi kirimo umwanditsi ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, David Gakunzi; umunyamategeko Innocent Nteziryayo; ndetse na Gen. Boubacar Faye ukomoka muri Sénégal, wakoze mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro mu Rwanda (MINUAR).

15 days ago

Dani Dayan yerekanye isano iri hagati ya Jenoside yakorewe mu Rwanda n'iya Israel agaragaza ko impande zombi zifite inshingano zo kuyirwanya

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Yad Vashem, Dani Dayan, yavuze Abanyarwanda n’Abanya-Israel bafite inshingano yo kwifatanya n’abandi bashobora guhura na Jenoside mu kuyirwanya.

Yakomeje agaragaza ko mu mwaka wa 2005, bisabwe na Mukagasana, hateguwe ihuriro ryahuje abarokotse Jenoside yakorewe Abayahudi n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Yavuze ko yahuye na bamwe mu bitabiriye iryo huriro, baganira nk’abantu bahuye n’amahano akomeye, basangira ubuhamya n’uburyo bwo gukomeza kubaho.

Yanibukije ko nubwo Jenoside isiga ibikomere bikomeye, inasiga inshingano zikomeye zo Kwibuka no kubana n’ayo mateka.

Ati “Kwibuka ntabwo ari igikorwa umuntu akora yicaye gusa; ni urugamba, ni inshingano ihoraho.”

15 days ago

Minisitiri Bizimana yerekanye ko muri RDC hakomeje kugaragara ibikorwa by'ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Minisitiri Bizimana avuga ko ihakana rya Jenoside rikomeje kugaragara cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, ndetse no mu bihugu birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), unakorana n’umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda.

Yagaragaje ko ubufatanye bwa RDC na FDLR ari amarorerwa akomeye, atanga urugero ko nta gihugu na kimwe cyo mu Burengerazuba bw’Isi gishobora gukorana n’aba Nazi, ngo amahanga abyirengagize.

Ati “Ariko dore RDC ku mugaragaro irakomeza gusesekaza politiki ya Jenoside bagakomeza bariya ba Nazi bo mu mutima wa Afurika, barangiza bakabashyira no mu ngabo zabo."

Yakomeje ashimangira ko ibikorwa nk’ibi bikwiye kwamaganwa byimazeyo ku rwego mpuzamahanga, kugira ngo hirindwe ko ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeza gukwirakwira no guhabwa urwaho.

15 days ago

Minisitiri Bizimana yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ariyo yarangije ikinyejana cya 20 ndetse iba iya mbere yemejwe na LONI

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Damascene, avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari yo yarangije ikinyejana cya 20, ndetse ikaba iya mbere yemejwe na LONI ko yabereye ku mugabane wa Afurika nyuma y’ishyirwaho ry’itegeko mpuzamahanga rihana icyaha cya Jenoside.

Ati “Urumva rero Afurika yihaye icyo cyasha cyo kuba ari yo ibanza kugira Jenoside ku butaka bwayo, kandi icyo cyaha kikaba kitazibagirana mu mateka.”

Yakomeje agaragaza ko umugore wa mbere wahamwe n’icyaha cya Jenoside n’urukiko mpuzamahanga kuva ayo masezerano yashyirwaho ari Umunyarwandakazi Pauline Nyiramasuhuko, wari Minisitiri ushinzwe iterambere ry’abategarugori.

Yongeyeho ko kugeza ubu nta gihugu na kimwe cyo ku mugabane wa Afurika kirabasha gucira urubanza uwakoze Jenoside.

15 days ago

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside yahujwe no kwizihiza imyaka 30 y'Umuryango IBUKA.

Iyi nama iri kubera mu Intare Arena yitabiriwe n’abayobozi batandukanye.

15 days ago

Ku Intare Arena hari kubera inama mpuzamahanga yiga ku kurwanya Jenoside yahujwe no kwizihiza imyaka 30 ya IBUKA

Mu nyubako ya Intare Arena hari kubera inama mpuzamahanga igamije kurwanya Jenoside, yitabiriwe n’abayobozi mu nzego zinyuranye, ndetse n’abandi benshi biganjemo urubyiruko.

Iyi nama iri kuba mu gihe u Rwanda ruri mu cyumweru cy’Icyunamo no Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

By’umwihariko, iyi gahunda yanahujwe no kwizihiza imyaka 30 Umuryango IBUKA umaze ushinzwe.

Showing 6 of 19 updates
View All Updates (19)
[fluentform id="3"]