sangiza abandi

Al HiIal SC na Al Merrikh SC zabariwe mu makipe azakina Shampiyona y’u Rwanda ya 2026/2027

sangiza abandi

Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Mupira w’Amaguru mu bagabo, Rwanda Premier League, rwashyize hanze ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/2027, uzatangira muri Nzeri 2026, ugasozwa muri Gicurasi 2027.

Kuri iyi ngengabihe, hateganyijwe imikino 34 bivuze ko amakipe azaba ari 18, ibica amarenga ko ay’abashyitsi ya Al Hilal na Al Merreikh yo muri Sudani, azakina undi mwaka w’imikino muri BK Pro League, kuko ay’u Rwanda yari asanzwe ayikina mbere y’uko aya aza, ari 16.

Umukino wa mbere wa Shanpiyona y’u Rwanda ( BK Pro League) uzakinwa tariki ya 4 Nzeri 2026, mu gihe iya nyuma iteganyijwe mu mpera za Gicurasi 2027.

Kugeza ubu, imikino ya shampiyona y’umwaka turimo wa 2025/2026 , iri kugana ku musozo aho mu mikino 34 igomba gukinwa, amakipe ageze ku wa 32 ukinwa muri izi mpera z’icyumweru kuva kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi 2026.

Biteganyijwe ko iyi mikino izarangirana n’uku kwezi kwa Gicurasi, ndetse mu gihe nta gihindurtse mu mpera zako tariki 23, hazakinwa umukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro cya 2026, uzahuza APR FC na Rayon Sports FC.

Al Hilal SC yamaze guhabwa igikombe cy’icyubahiro nyuma yo kugwiza amanota atuma isoza ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona, mu gihe APR iyoboye izo mu Rwanda na yo iteganyirizwa guhabwa icyayo kizaherekezwa na Miliyoni 80 Frw.

Aya makipe (Al Hilal na Al Merreikh) yamaze kwerekeza  muri Sudan gukina imikino ya kamarampaka muri shampiyona yaho, ngo ashake amatike yo kuzahagararira iki gihugu mu mikino Nyafurika y’amakipe yatwaye ibikombe iwayo (CAF Champions League na CAF Confederations Cup).

Gusa, aya makipe yasize abandi bakinnyi bagomba gusoza imikino isigaye ya BK Pro League muri uyu mwaka w’imikino.

Photos:

[fluentform id="3"]