Guillaume NIYONKURU

Camille Ndikumana

Kuri uyu wa Kane mu karere ka Rubavu hibutswe ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi,aho abaturage ,abayobozi inzego zinyuranye bose bahuriye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Commune rouge.
Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyahe RIB rwatangaje ko rwafunze Hategekimana Silas, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa no kumena ibanga ry'akazi.
Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda bose gukomeza guharanira ukuri no kukurinda, ashimangira ko kudahagurukira ukuri bishobora gutuma kugorekwa n’abagambiriye kuyobya abantu
Kuri uyu wa Gatatu ku cyicaro gikuru cy' Ingabo ziri mu butumwa bw' amahoro muri Sudani y' Epfo (UNMISS) i Juba, abasirikare b’u Rwanda , bafatanyije na bagenzi babo bo mu bihugu bya Bangladesh, u Bushinwa, Ethiopia na Nepal,mu guhererekanya ubuyobozi.
Mu rwego rwo gusigasira amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi by'umwihariko mu gice cy’Amayaga mu ntara y'Amajyepfo,ihuriro ry’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mayaga AGSF mu karere ka Ruhango ryishimira ko huzuye inzu izashyirwamo aya mateka abazajya bayisura bakabasha kumenya amateka y’ukuri banareba ibimenyetso
Kuri uyu wa Gatatu, hateganyijwe imikino ikomeye ya Volleyball izabera muri BK Arena, aho amakipe ahagarariye u Rwanda azaba ahatanira kujya muri kimwe cya kane cy’irushanwa (Quarter Finals).
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga arasaba abafite ibinyabiziga by’umwihariko abatwara moto kubahiriza gahunda yashyizweho mu mujyi wa Kigali yo gutwara abagenzi rusange mu buryo bwa bisi,birinda kunyura mu gisate cyagenewe bisi mu masaha yashyizweho.
Umushakashatsi akaba n’umwanditsi Tom Ndahiro asanga ba ruharwa bakoze Jenoside yakorewe abatutsi ndetse n’abayihakana, amafoto yabo akwiye kujya mu nzibutso za Jenoside abazisura bakamenya n'ababigizemo uruhare kuko abaziruhukiyemo batiyishe.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Gasabo yafashe abagabo 2 bacuruza ikiyobyabwenge cy’urumogi, umwe w'imyaka 43 n'undi w'imyaka 40.Aba bafashwe ku manywa y'ihangu saa tanu z'amanywa kuri iki cyumweru bafatirwa bafatirwa mudugudu wa Ramba akagali ka Musave umurenge wa Bumbogo ho mu karere ka Gasabo.
Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu Habimana Dominique yifatanyije n'abaturage bo mu karere ka Kamonyi,mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.