Camille Ndikumana

Camille Ndikumana

Umuyobozi mukuru ushinzwe imikoranire y’ingabo n’abaturage, Col Désiré Migambi Mungamba, uyu munsi yifatanyije n’abakozi ba komisiyo y’igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare (RDRC) ndetse n’abahoze ari abarwanyi baturutse mu kigo cya Mutobo, mu gikorwa cyo kwibuka no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri uyu wa Kabiri umugaba w’Ingabo z'u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, ari kumwe n’intumwa ayoboye mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu muri Repubulika ya Santarafurika, yahuye n' umugaba w’Ingabo za MINUSCA, Lt Gen Humphrey Nyone.
Kuri uyu wa Kabiri Ingabo z’u Rwanda (RDF) zakiriye ku cyicaro gikuru ku Kimihurura, itsinda rigizwe n’aba ofisiye 15 baturutse mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nijeriya
Byabereye mu gikorwa cyo  kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe n’idini rya EAR diyoseze ya Kivu aho muri uyu muhango Musenyeri yahagurukije abapasiteri maze bose bagapfukama basaba imbabazi uwitwa Drocelle wahungiye ku wari pasitor wa EAR ariko akanga kumuhisha.
Kuri uyu wa mbere hatangijwe myitozo ibaye ku nshuro ya 14 y’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)  yiswe USHIRIKIANO IMARA 2026, iri kubera mu gihugu cya Kenya.
Kuri iki cyumweru RDF na Polisi ku bufatanye na minisiteri y’ubuzima hamwe na Fondasiyo ya Fred Hollows yo mu Rwanda (FHF),batangije gahunda yo kuvura indwara z’amaso no kubaga indwara y'ishaza ifata amaso ku bitaro bya Kinihira biherereye mu karere ka Rulindo mu ntara y’Amajyaruguru.
Kuri uyu wa Gatandatu , Umuyobozi ushinzwe ubufatanye bw' ingabo n'abaturage Col Désiré Migambi yifatanyije n’abanyamuryango b' Ishyirahamwe ry'umukino wa Golf (Rwanda Golf Union) mu mugoroba wo kwibuka no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyo cyabereye i Kigali mu cyanya cy' umukino wa Golf , i Nyarutarama.
Kuri uyu wa Gatandatu,ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Cyanika mu karere ka Nyamagabe habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyitabiriwe n'abaturage n'abayobozi batandukanye.
Abanyeshuri biga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro (Rwanda Polytechnic ) mu makoleji atandukanye, bahuriye i Kigali mu marushanwa y’imishinga itandukanye.
Kuva tariki ya 24 Mata 2026, mu mihanda imwe n'imwe mu mujyi wa Kigali, bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange n'ibindi binyabiziga ntakumirwa, byahariwe igice cy'umuhanda bizajya bikoresha