Camille Ndikumana

Camille Ndikumana

Kuri uyu wa Gatatu ku cyicaro gikuru cy' Ingabo ziri mu butumwa bw' amahoro muri Sudani y' Epfo (UNMISS) i Juba, abasirikare b’u Rwanda , bafatanyije na bagenzi babo bo mu bihugu bya Bangladesh, u Bushinwa, Ethiopia na Nepal,mu guhererekanya ubuyobozi.
Mu rwego rwo gusigasira amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi by'umwihariko mu gice cy’Amayaga mu ntara y'Amajyepfo,ihuriro ry’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mayaga AGSF mu karere ka Ruhango ryishimira ko huzuye inzu izashyirwamo aya mateka abazajya bayisura bakabasha kumenya amateka y’ukuri banareba ibimenyetso
Kuri uyu wa Gatatu, hateganyijwe imikino ikomeye ya Volleyball izabera muri BK Arena, aho amakipe ahagarariye u Rwanda azaba ahatanira kujya muri kimwe cya kane cy’irushanwa (Quarter Finals).
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga arasaba abafite ibinyabiziga by’umwihariko abatwara moto kubahiriza gahunda yashyizweho mu mujyi wa Kigali yo gutwara abagenzi rusange mu buryo bwa bisi,birinda kunyura mu gisate cyagenewe bisi mu masaha yashyizweho.
Umushakashatsi akaba n’umwanditsi Tom Ndahiro asanga ba ruharwa bakoze Jenoside yakorewe abatutsi ndetse n’abayihakana, amafoto yabo akwiye kujya mu nzibutso za Jenoside abazisura bakamenya n'ababigizemo uruhare kuko abaziruhukiyemo batiyishe.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Gasabo yafashe abagabo 2 bacuruza ikiyobyabwenge cy’urumogi, umwe w'imyaka 43 n'undi w'imyaka 40.Aba bafashwe ku manywa y'ihangu saa tanu z'amanywa kuri iki cyumweru bafatirwa bafatirwa mudugudu wa Ramba akagali ka Musave umurenge wa Bumbogo ho mu karere ka Gasabo.
Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu Habimana Dominique yifatanyije n'abaturage bo mu karere ka Kamonyi,mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwererane Olivier Nduhungirehe asaba urubyiruko kwiga ,gushaka imirimo kunga ubumwe mu kubaka igihugu no kukirinda abanzi bashaka kugisubiza mu icuraburindi.
Kuri uyu wa kane, tariki ya 23 Mata 2026, Ambasaderi w’U Rwanda mu gihugu cya Nigeria Moses Rugema, yashyikirije Perezida wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu,umuhango wabereye mu ngoro y’umukuru w’igihugu cya Nigeriya “Aso Rock Villa” iherereye mu murwa mukuru Abuja.
Kuri uyu wa Gatatu, muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko hibukwa abari abanyeshuri, abarimu n’abakozi b’iyahoze ari kaminuza nkuru y’u Rwanda (UNR).