Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Minisiteri y'Ubuzima yagaragaje ko u Rwanda rukeneye asaga miliyari 114 Frw kugira ngo ruzibe icyuho cy’umubare muke w’abaganga b'inzobere mu kubaga, ibikoresho bikenerwa ndetse n’uw’ibyumba byo kubagiramo nabyo bikiri bike cyane.
Ku rundi ruhande ubwicanyi bwakomeje gukorwa mu bice bitandukanye Inkotanyi zari zitarafata. Kuri uwo munsi ni bwo Interahamwe ziyobowe na Yusuf Munyakazi zishe Abatutsi bari bihishe i Kamembe mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko umusaruro w’inganda wiyongereyeho 0.7% muri Mata 2025, ugereranyije n’ukwezi nk’uko mu mwaka ushize wa 2025, mu gihe impuzandengo y’izamuka ku mwaka yari 6.5%.
Minisitiri w’Intebe Jean Kambanda yakoresheje inama yabereye i Gisenyi ihuza abakuru b’ingabo na jandarumori, abasaba gukaza ingamba z’itambara no kurangiza umugambi wo kurimbura Abatutsi.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, yakiriye itsinda rigizwe n’abanyeshuri n’abarimu bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryo mu Buhinde ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo yatangaje ko ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga migari y’ibikorwaremezo bigezweho hagamijwe guteza imbere imibereho myiza n’iterambere rirambye mu gihugu rigeze kuri 91% muri rusange.
Amerika yagaragaje ko FDLR ibikorwa by’ihohotera bya FDLR birimo ubwicanyi, gushora abana mu mirwano, gufata ku ngufu no gushimuta abaturage, bibangamiye umutekano w’akarere. 
Umuryango GSMA (Global System for Mobile Communications Association) uharanira iterambere ry’ikoranabuhanga rishingiye kuri telefone ngendanwa watangaje ko inama mpuzamahanga ihuza ibigo by’ikoranabuhanga yagombaga kubera mu Rwanda yasubitswe.
U Rwanda n’u Bufaransa byasinyanye masezerano abiri y’ubwumvikanye harimo arebana n’ubufatanye mu bijyanye n’abimukira n’ayandi ajyanye no korohereza abagize imiryango y’abakozi bari mu butumwa bwa dipolomasi kuri buri gihugu kubona akazi mu bihugu byombi.
Perezida Kagame yashimangiye ko umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa, wubakiye ku cyizere kandi ko ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye bukomeje kugana aheza.