Raymond Tuyishimire

Raymond Tuyishimire

Tuyshimire Raymond, ni Umunyamakuru w'Umunyarwanda ubimazemo imyaka itandatu. Azobereye mu gutara inkuru zicukumbuye n'izindi zibanda ku burenganzira bwa muntu muri rusange, ubw'abana ndetse n'izindi zivuga u Rwanda. Kuri ubu ni Editor ' w'ikinyamakuru Umunota

Umuryango Nyarwanda wita ku buzima HDI, wagaragaje ko mu bushakashatsi bakoze mu mwaka wa 2024, babukoze ku bakozi bo mu rugo mu Mujyi wa Kigali, bwagaragaje ko abarenga 287 bavuze ko bigeze gutekereza kwiyahura
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwatangaje ko umutungo warwo ugeze kuri  Tiriyari eshatu na Miliyari 1 (T3.1)
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda cyatangaje ko ibiciro u Rwanda, haba mu Mujyi no mu cyaro, byiyongereyeho 6,4% ugereranyije na Kanama 2024.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yabwiye abagize Inteko Ishingamategeko umutwe w’Abadepite ko hakwiye amavugurura ku itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda kugira ngo rihuzwe n’igihe kigezweho.
Mu karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Cyato, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri 2025, abubakaga urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyirahindwe, bagwiriwe n’urukuta ndetse amakuru aravuga ko abantu umunani baba bitabye Imana
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Bernadette Arakwiye, yagaragaje ko guhangana n’ihindagurika ry’ikirere biri ku isonga mu byo u Rwanda rushyize imbere mu rugamba rw’iterambere
Ambasaderi w’u Rwanda muri Suede, akaba anareberera inyungu zarwo mu bihugu byo muri Scandinavia, birimo Suede, Norvege na Denmark, Amb Dr. Diane Gashumba yahaye ikaze, Casper Stenger Jensen, wagizwe Ambasaderi wa Denmark mu Rwanda
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwemeje ko rufunze Ndagijimana Straton wo mu karere ka Musanze, akurikiranyweho kwambara umwambaro wa leta kandi we atabifitiye ububasha
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG)  yeteguje abatuye mu bice byo mu mu Mujyi wa Kigali mu Mirenge ya Gikomero, Rusororo, Rutunga na Ndera, mu karere ka Gasabo ko bizabura umuriro amasaha macye