Raymond Tuyishimire

Raymond Tuyishimire

Tuyshimire Raymond, ni Umunyamakuru w'Umunyarwanda ubimazemo imyaka itandatu. Azobereye mu gutara inkuru zicukumbuye n'izindi zibanda ku burenganzira bwa muntu muri rusange, ubw'abana ndetse n'izindi zivuga u Rwanda. Kuri ubu ni Editor ' w'ikinyamakuru Umunota

Minisiteri  w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yatangaje ko mu bushakashatsi bakoze ku gipimo cy’Ubumwe , bugaragaza ko 95% Bemera ko abafunzwe bazira icyaha cya jenoside yakorewe Abatusi bakarangiza ibihano bisanga mu muryango nyarwanda nta kubishisha.
Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu Dr. Jean Damascène Bizimana, yagaragaje ko Igipimo cy’Ubumwe bw’Abanyarwanda mu mwaka wa 2025 kigeze kuri 95.3%.
Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame, yatangaje ko gahunda ya Ndi Umunyarwanda izakomeza kugira uruhare mu kubaka igihugu no gushimangira Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Prudence Sebahizi, yatangaje ko nubwo ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byazamutseho gato, bitaza kuzana impinduka ku biciro by’ibiribwa ku masoko.
U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byashyize umukono ku mushinga w’amasezerano y’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu .
U Rwanda rugiye kwakira Inama ya 19 y’Abayobozi b’Amashuri Makuru ya Gisirikare yo muri Afurika,  izabera i Kigali kuva tariki ya 10 -12 Ugushyingo 2025 .
Soldat Mbale Hafashimana  witandukanyije na FDLR avuga ko uyu mutwe wagiranye amasezerano n’ingabo za leta ya Congo,FARDC, ndetse ko iki gisirikare cyabafashaga mu buryo butandukanye,agasaba abakiri mu mashyamba gutaha ,bakaza kubaka igihugu.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yatangaje ko umutekano ku mipaka ihuza iyi ntara n’ibihugu by’ibituranyi birimo u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uhagaze neza ndetse ko inzego z’umutekano ziri maso
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya, Gen Charles Muriu KAHARIRI, ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda kuva tariki ya 4 -7 Ugushyingo 2025.
Abantu batanu bo mu Karere ka Nyamasheke batawe muri yombi, bakekwaho kunyereza kawunga yatanzwe muri gahunda yo kugaburira abanyeshuri ku mashuri ‘school feeding’.