sangiza abandi

Baskeball: REG W BBC na The Hoops Rwanda zageze ku mukino wa nyuma wa Cheetah Energy RBL

sangiza abandi

Ikipe ya REG W BBC yatsinze APR W BBC naho The Hoops Rwanda itsinda Kepler W BBC biziha kugera ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka ya Shampiyona y’abagore, Cheetah Energy RBL Playoffs.

Kuri iki Cyumweru tariki 16 Kanama 2026 nibwo muri Petit Stade habereye imikino ya nyuma ya 1/2 yagombaga gutuma hamenyekana amakipe 2 yerekeza ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka.

Ku ikubitiro REG W BB C yatanye mu mitwe na APR W BBC mu mukino wa 5 nyuma y’uko amakipe yombi yanganyije intsinzi y’imikino 2-2 mu mikino 4 ya mbere.

REG W BBC y’umutoza Mukaneza Esperance yitwaye neza itsinda APR W BBC y’umutoza Mushumba Charles amanota 83-78 biyiha kugera ku mukino wa nyuma.

Delicia Washington yafashije REG kwitwara neza muri uyu mukino  atsinda amanota 26, akora rebounds 11, atanga imipira 4 yavuyemo amanota ndetse yambura (Steals) umupira inshuro 2.

Abandi bakinnyi bitwaye neza ni nka Maiga Kadidia watsinze amanota 16 na Hosendove Taylor Lynn watsinze amanota 14.

Ku ruhande rwa APR, Lucas Italee Malina yari yitwaye neza atsinda amanota 21 ariko ntibyabujije APR W BBC gusezererwa intsinzwe imikino 3-2.

Kimwe mu byafashije REG kwitwara neza muri uyu mukino harimo kubyaza umusaruro amakosa APR yabaga ikoze yo gutakaza umupira, ubundi REG igahita izamuka vuba vuba (Counter attack/ Fast break points) igatsinda mu gihe abakinnyi ba APR batarisuganya neza.

REG yakoze amanota 30 iyavanye muri Fast break points mu gihe APR yakuyemo amanota 9 gusa. 

Undi mukino wari ukomeye cyane ni uwagombaga guhuza The Hoops Rwanda y’umutoza Habiyambere Patrick na Kepler W BBC y’umutoza Luis Lopez Hernandez.

Uyu mukino nawo wari uwa 5 ari nawo wa nyuma kuko amakipe yombi yanganyaga intsinzi z’imikino 2-2.

Uyu mukino wari ugoye cyane warangiye The Hoops itsinze amanota 62-60 biyiha kugera ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka bisabye amasegonda 11 ya nyuma y’umukino.

Ubwo haburaga amasegonda 11 ngo umukino urangire, The Hoops na Kepler zanganyaga amanota 60-60 mbere y’uko Gasherebuka Victoire akorera ikosa Ndaruhutse Atete Raissa bakamuha gutera mu gakangara inshuro ebyiri (2 Free throws).

Ndaruhutse ntabwo yakoze ikosa kuko yatsinze izi free throws zombi yari ahawe hahita hajyamo ikinyuranyo cy’amanota 2.

Kepler yabonye uburyo bwo gukuramo iki kinyuranyo ku ikosa ryari rikorewe Coulibaly Kadiatou wari wagize umukino mwiza ariko ahawe free throws 2, zombi arazihusha mu gihe haburaga isegonda rimwe ngo umukino urangire.

Ndaruhutse Atete Raissa yitwaye neza muri uyu mukino atsinda amanota 21, akora rebounds 5, yambura umupira inshuro 1, akora igihomo kimwe.

Kimwe mu byafashije The Hoops gutsinda uyu mukino harimo gutsinda neza free throws yakuyemo amanota 14-7, no gutsinda amanota 3 inshuro nyinshi kuko yabikoze inshuro 10-5.

Mu guhatanira umwanya wa gatatu n’ubundi hazakinwa imikino 5, amakipe atanguranwe gutsinda imikino 2, naho ku mukino wa nyuma hateganyijwe imikino 7, hanyuma amakipe agatanguranwa gutsinda imikino 4.

Biteganyijwe ko tariki 20 Kanama aribwo APR izatana mu mitwe na Kepler mu mukino wa mbere wo guhatanira umwanya wa gatatu saa 02:00 naho The Hoops ikazahura na REG saa 19:00 mu mukino wa nyuma wa mbere (Game), iyi mikino yombi ikazabera muri BK Arena.

Ni ubwa mbere REG na The Hoops zigiye guhurira ku mukino wa nyuma wa Shampiyona y’u Rwanda.

REG niyo ifite ibikombe bibiri biheruka, icya 2024 na 2025, mu gihe The Hoops iheruka igikombe muri 2020.

REG yasezereye APR muri 1/2
The Hoops Rwanda yageze ku mukino wa nyuma yaherukagaho muri 2021
Kepler

Photos:

[fluentform id="3"]