sangiza abandi

Basketball: Abakinnyi 10 bo kwitega mu mikino ya kamarampaka

sangiza abandi

Abakunzi ba Shampiyona y’u Rwanda ya basketball mu bagabo bategerezanyije amatsiko menshi imikino ya kamarampaka, Cheetah Energy RBL Playoffs 2026, izatangira kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Kanama 2026, bibaza ikipe izegukana igikombe cya Shampiyona kimaze imyaka 3 gitwarwa na APR BBC.

Imikino ya mbere ya 1/2 irakinwa kuri uyu wa Gatatu aho Patriots BBC yabaye iya kabiri ku rutonde rusanzwe rwa Shampiyona izakina na REG BBC yabaye iya gatatu saa 18:30 naho APR BBC yabaye iya mbere izakina na RSSB Tigers BBC yabaye iya kane saa 21:00, iyi mikino yombi izabera muri BK Arena.

Ni ubwa mbere aya makipe agiye guhura muri 1/2, ariko si ubwa mbere aya makipe yose uko ari 4 ageze muri 1/2 icyarimwe kuko no muri 2021-22 yari yahuriye muri 1/2 ariko icyo gihe Patriots BBC yari yahuye na RSSB Tigers naho APR BBC ihura na REG BBC.

Muri 1/2, amakipe azatanguranwa gutsinda imikino 3 muri 5 iteganyijwe gukinwa.

Aya makipe uko ari 4 azakina imikino ya kamarampaka yose ntabwo yanyuzwe n’abakinnyi yarasanzwe akoresha muri Shampiyona gusa kuko yagiye yongeramo abakinnyi bashya bazayafasha muri iyi mikino ya kamarampaka.

Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku bakinnyi 10 bo kwitega muri iyi mikino ya kamarampaka ibura iminsi ibiri ngo ikinwe:

Leonard Craig Randall II

Umunya-Amerika Leonard Craig Randall II ni umukinnyi uzakinira ikipe ya APR BBC muri iyi mikino ya kamarampaka, uyu ni umukinnyi wo kwitegwa cyane nyuma yo gufasha ikipe ya RSSB Tigers BBC kwegukana igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, Basketball Africa League (BAL), ndetse bikayigira ikipe ya mbere yo mu Rwanda yari icyegukanye.

Randall w’imyaka 30 y’amavuko yagize uruhare rukomeye cyane mu kwitwara neza kwa RSSB Tigers muri BAL kuko byibuze ku mpuzandengo ya buri mukino yatsindaga amanota 36.1, agatanga imipira 4.4 ivamo amanota, ndetse agakora rebounds 3.4, ibi byanamuhesheje igihembo cy’umukinnyi mwiza w’irushanwa, (MVP) ndetse no kuza mu ikipe nziza y’irushanwa.

Muri iyi mikino ya BAL, Randall yanaciye agahigo ku kuba umukinnyi wa mbere watsinze amanota menshi mu mukino umwe nyuma yo gutsinda amanota 54, ndetse aba n’umukinnyi wa mbere watsinze amanota 3 inshuro nyinshi mu mukino umwe nyuma yo kuyatsinda inshuro 11.

N’ubwo Leonard Craig Randall II yakiniye RSSB Tigers muri BAL gusa yari yageze mu Rwanda muri Gashyantare uyu mwaka nk’umukinnyi wa APR BBC yagombaga kwifashisha muri BAL kuko niyo kipe yagombaga guhagararira u Rwanda nk’ikipe yatwaye igikombe cya Shampiyona.

Nyuma APR BBC yaje kwivana mu makipe yagombaga kwitabira BAL byatumye ihita isimburwa na RSSB Tigers, ari nabwo benshi mu bakinnyi APR BBC yari yaguze ndetse n’abandi isanganywe bahise bajya gukinira RSSB Tigers.

Leonard Craig Randall II n’ubundi yakiniye APR BBC muri Shampiyona y’u Rwanda aho yayikiniye imikino 5, ayitsindira amanota 97, akora rebounds 14, atanga imipira 13 yavuyemo amanota. 

Iyi mibare myiza Leonard Craig Randall II ukina kuri 1 cyangwa 2 (Point guard cyangwa Shooting guard) yagize muri BAL 2026 iremeza ko ari umwe mu bakinnyi bo guhangwa amaso mu mikino ya kamarampaka.

Teafale Marquise Lenard Jr 

Teafale Marquise Lenard Jr ni undi mukinnyi ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uzaba ukinira ikipe ya APR BBC muri iyi mikino ya kamarampaka.

Lenard Jr ukina nka forward nawe ni umwe mu bakinnyi bafashije ikipe ya RSSB Tigers kwegukana irushanwa rya BAL 2026, aho ushyize ku mpuzandengo yatsinze amanota 19.2, akora rebounds 4.4, atanga imipira 2.4 yavuyemo amanota (Assists), yambura umupira inshuro 1.6 mu minota 27.4.

Lenard Jr n’ubwo yakiniye RSSB Tigers muri BAL ariko nawe yari umukinnyi wa APR BBC, mu mikino 8 yayikiniye muri Shampiyona yatsinze amanota 101, akora rebounds 58, akora ibihomo (Blocks) 15, ndetse atanga imipira 21 yavuyemo amanota.

Uyu nawe ni umukinnyi wo kwitegwa cyane mu mikino ya kamarampaka.

Noel Obadiah Arthur “Mutabazi”

Noel Obadiah azakinira Patriots BBC

Obadiah nawe uturuka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni undi mukinnyi wo guhangwa amaso uzaba ukinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya kamarampaka.

Obadiah w’imyaka 27 n’ubwo atakiniye Patriots BBC muri Shampiyona ariko ntabwo ari umukinnyi mushya mu Rwanda kuko yakiniye APR BBC muri BAL ebyiri ziheruka ari nabwo yataziriwe izina rya Mutabazi bitewe n’amanota y’ingenzi yagiye atsindira iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Kuri ubu Obadiah azaba ari mu mwambaro wa Patriots BBC areba ko yafasha iyi kipe kongera gusubira ku gasongero ikegukana igikombe cya Shampiyona iheruka muri 2020.

Chingka Kennedy Garba

Umunya-Nigeria Garba ukinira ikipe ya Patriots BBC ni umwe mu bitezweho gufasha ikipe ye kwitwara neza na nyuma yo kuyifasha mu mikino isanzwe ya Shampiyona, bitewe n’ubuhanga bwe mu kugarira.

Garba yarangije imikino isanzwe ya Shampiyona ariwe mukinnyi ukoze rebounds ndetse akoze n’ibihomo (Blocks) byinshi, yakoze rebounds 186, akora ibihomo 33.

Ikiyongera kuri ibi ni uko Garba ariwe mukinnyi wa kabiri warangije imikino isanzwe ya Shampiyona ahagaze neza na efficiency ya 305 inyuma ya Amotoe James Kofi.

Garba w’imyaka 24 ni umukinnyi wo kwitegwa cyane mu mikino ya kamarampaka.

Damaria Franklin

Damaria Franklin ni umukinnyi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ukinira ikipe ya Patriots BBC, akaba umwe mu bakinnyi babaye beza muri Shampiyona y’uyu mwaka by’umwihariko mu busatirizi.

Franklin yakiniye Patriots BBC imikino 15 muri Shampiyona, ayitsindira amanota 357 harimo n’umukino wa EAUR BBC yatsinzemo amanota 66 mu mukino umwe, akora rebounds 89, atanga imipira 35 yavuyemo amanota, akora ibihomo (Blocks) 8 ndetse yambura umupira (Steals) inshuro 33.

Franklin niwe mukinnyi wa kane warangije Shampiyona afite efficiency iri hejuru, ndetse niwe mukinnyi wa kabiri watsinze amanota menshi muri Shampiyona inyuma ya Amotoe James Kofi watsinze amanota 369, niwe mukinnyi wa gatatu wambuye umupira inshuro nyinshi (Steals), niwe mukinnyi watsinze amanota abiri inshuro nyinshi ndetse niwe mukinnyi wa 4 watsinze amanota 3 inshuro nyinshi.

Iyi mibare yose ituma Damaria Franklin ari umukinnyi wo kwitegwa mu mikino ya kamarampaka aho ikipe ye ya patriots BBC izatangira ihangana na REG BBC muri 1/2.

William Kiah Perry

Perry ni umukinnyi uturuka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika w’imyaka 31 uzaba ukinira ikipe ya REG BBC.

Perry n’ubwo atakiniye REG BBC muri Shampiyona gusa ntabwo ari mushya mu maso y’abakurikira basketball mu Rwanda kuko yanahanyuze mbere mu ikipe ya Kigali Titans ndetse na Patriots BBC ari nayo yamenyekanyemo cyane.

Uretse gukina mu Rwanda, Perry amenyereye amakipe yo muri Afurika ndetse amaze gukina irushanwa rya BAL inshuro 4, aho aheruka no kurikina mu ikipe ya FUS Rabat yo muri Maroc yanafashije gutwara igikombe cya Shampiyona ari naho yavuye mbere yo gusinyira REG BBC ngo azakiyikinire mu mikino ya kamarampaka.

William Kiah Perry ukina kuri 1 (Point guard) ni umwe mu bakinnyi bo kurebwaho muri iyi mikino ya kamarampaka.

Nisre Mimi Zouzoua

Umunya-Côte d’Ivoire Nisre Mimi Zouzoua ukina kuri 2 (Shooting guard) ni irindi zina ryo kutarenza ingohe ku mukunzi wa Shampiyona y’u Rwanda kuko yigaragaje cyane mu mikino ya nyuma ya Shampiyona nyuma yo gusinyira ikipe ya RSSB Tigers muri Kamena uyu mwaka kugira ngo asimbure umunya-Kenya Albert Odero wagize ikibazo cy’imvune muri BAL ubwo yakiniraga ikipe ya Nairobi City Thunder.

Mu mikino 8 Zouzoua yakiniye RSSB Tigers BBC muri Shampiyona, yayitsindiye amanota 168, akora rebounds 35,  atanga imipira 38 yavuyemo amanota, yambura umupira (Steals) inshuro 8, ushyize ku mpuzandengo ya buri mukino, yatsindaga amanota 21, agakora rebounds 4.4, agatanga imipira 4.8, akambura umupira inshuro 1.

Mouhamadou Diagne 

Umunya-Senegal Mouhamadou w’imyaka 29 ni umukinnyi uzakinira ikipe ya APR BBC, akaba yarageze muri iyi kipe muri Nyakanga 2026 avuye mu ikipe ya FUS Rabat yo muri Maroc yanakiniye mu mikino ya BAL 2026.

Mouhamadou yakiniye APR BBC umukino umwe gusa muri Shampiyona, ni umukino APR BBC yatsinzemo RSSB Tigers wari n’uwa nyuma wa Shampiyona.

Mu minota 22 Mouhamadou yakiniye APR BBC yayitsindiye amanota 12, akora rebounds 8, akora ibihomo 4.

Uyu ni umukinnyi mwiza wo ku rwego rwa Afurika dore ko no muri BAL aherutse gushyirwa mu ikipe nziza y’irushanwa y’abakinnyi bugarira neza, All-BAL Defensive First Team n’ubwo ikipe ye ya FUS Rabat yari yasezerewe muri 1/4.

Mouhamadou Diagne ni undi mukinnyi wo ku rwego mpuzamahanga wo kwitegwa mu mikino ya kamarampaka.

Abdoulaye Harouna Amadou

Harouna ni umukinnyi wasinyiye ikipe ya REG BBC akaba azayikinira muri iyi mikino ya kamarampaka.

N’ubwo ari isura nshya mu Rwanda ariko umunya-Niger Harouna yakiniye amakipe arimo FUS Rabat ari nayo yavuyemo, ASC Ville de Dakar, Nairobi City Thunder, ABC Fighters, AS Douanes n’andi, ndetse ni umwe mu bakinnyi bafite ubunararibonye muri basketball ya Afurika dore ko ari mu bakinnyi batatu bafite agahigo ko kuba bamaze gukina BAL zose kuva muri 2021.

Antino Alvalezes Jackson

Antino ni umukinnyi ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko ufite n’ubwenegihugu bw’u Rwanda ukinira ikipe ya RSSB Tigers.

Uretse kuba Antino yari mu bakinnyi bafashije RSSB Tigers kwegukana igikombe cya BAL ari nawe kapiteni, ni n’umukinnyi wafashije cyane ikipe RSSB Tigers mu mikino isanzwe ya Shampiyona aho mu mikino 12 yakinnye yatsinze amanota 183, atanga imipira 96 yavuyemo amanota bimugira umukinnyi wa kabiri watanze iyi mipira myinshi, akora rebounds 52, yambura umupira inshuro 18.

Antino ni umwe mu bakinnyi batsinze amanota 3 menshi muri Shampiyona, yatsinze amanota 3 inshuro 32, bimugira umukinnyi 5 watsinze amanota 3 inshuro nyinshi.

Photos:

[fluentform id="3"]