Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’ingimbi zitarengeje imyaka 18 yarangirije ku mwanya wa 10 mu Gikombe cya Afurika, FIBA U18 Afrobasket, kiri kubera i Abidjan muri Côte d’Ivoire nyuma yo gutsindwa n’ikipe y’igihugu ya Nigeria.
Kuri uyu wa Kane tariki 13 Kanama 2026 imikino y’Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 yakomeje hakinwa imikino ya 1/4 ndetse n’imikino yo guhatanira imyanya.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda nayo yagombaga gukina na Nigeria mu guhutanira imyanya ya 9-10 nyuma y’uko mu mikino wo guhatanira imyanya ya 9-12 u Rwanda rwari rwatsinze Gabon amanota 88-83, naho Nigeria itsinda Maroc amanota 84-76.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yari yabonye itike yo gukina iki Gikombe nyuma yo kwitwara neza ikegukana Igikombe cyo mu karere ka 5 (Zone 5) cyabereye i Cairo mu Misiri.
Ikipe y’u Rwanda itozwa na Mugabe Aristide ntabwo byayigendekeye neza imbere ya Nigeria kuko yatsinzwe amanota 75-48 nubwo abakinnyi nka Bizimana Kayira Plamedie watsinze amanota 16 na Aasim Penge watsinze amanota 10 bari bagerageje kwitwara neza.
Nyuma yo gutsinda uyu mukino, Nigeria yahise yegukana umwanya wa 9 naho u Rwanda rwegukana umwanya wa 10 mu makipe 12 yitabiriye iki gikombe.
Amakipe yageze muri 1/2 cy’iri rushanwa ni Senegal igomba gutana mu mitwe na Mali na Côte d’Ivoire igomba gutana mu mitwe na Cameroon. Umukino wa nyuma uteganyijwe ku Cyumweru tariki 16 Kanama 2026.













