Amakuru

Umusesenguzi mu bya Politiki, Senateri Evode Uwizeyimana,  yavuze ko ifatwa rya Uvira bikozwe n'Ihuriro AFC/M23, byatewe n'uko ari Umujyi wari ingirakamaro cyane mu mikoranire mu bya gisirikare hagati y'u Burundi na DRC.
Banki Nkuru y’Igihugu yashyize ku isoko impapuro mpeshwamwenda za miliyari 50 Frw, zizagurishwa mu gihe cy’imyaka 15.
Perezida w'Inama y'Abepiskopi mu Rwanda akaba na Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda, yagaragaje ko bihangayikishije ku kuba Akarere k'ibiyaga bigari gafite abakirisitu benshi ariko kagakomeza kugira intambara ,amakinbirane n'ubugizi bwa nabi bikomeje kwiyongera .
Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascène, yabwiye urubyiruko rutangiye Itorero ry’Urungano, ko ubumenyi bazahakura bwuzuzanya n’uburere bakura ku babyeyi n’abarimu, kuko ribabera umwanya wo kubona icyerekezo cyiza cyabafasha kwirinda ingeso mbi zose
Umunya-Tanzania, Diana Orembe, washinze akaba anayobora ikigo NovFeed, yegukanye igihembo nyamukuru cy'ibihumbi 300 by'amadorari, mu irushanwa rya 'Africa’s Business Heroes' (ABH), rishyigikira ishoramari ry’abakiri bato ku Mugabane wa Afurika
Mu kwizihiza umunsi Mpuzamahanga wa Mwarimu ku Rwego rw’Igihugu, abarezi bagaragaje ibyishimo baterwa n’impinduka zigaragara mu mibereho yabo bishimangirwa n’umushahara uherutse kongerwa n;ubwo bagaragaza ibigikenewe birimo mwarimu shop.
Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengiyumva yibukije ko umwarimu ari inkingi ya mwamba mu burezi bw’u rwanda  ashimangira ko ireme ry’uburezi , ubumenyi n’ubushobozi igihugu gikomeza kugeraho byubakiye ku mbaraga n’ubwitange bya mwarimu.