Amakuru

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yazamuye mu ntera abasirikare bafite amapeti atandukanye barimo Innocent Munyengango na Gatarayiha Francois Regis bari bafite ipeti rya Colonel ubu bakaba bagizwe ba Général de Brigade.
Perezida Kagame yavuze uburyo Perezida w'uburundi,Ndayishimiye Evaliste , yamuhakaniye ko nta ngabo zoherejwe i Goma muri Kivu y'Amajyaruguru , atangaza ko amahanga akomeje kwegeka ibibazo bya Congo ku Rwanda.
DCG Jeanne Chantal Ujeneza, yasabye abapolisi n’abasirikare basoje amahugurwa yo gutegura abajya mu butumwa bwa Loni gukoresha ubumenyi n’ubunararibonye bahawe kugira ngo imirimo bazakora izagende neza
Perezida Kagame yanenze abagikomeje kwegeka ibibazo bya Congo ku Rwanda, by'umwihariko abarushinja imirwano imaze iminsi muri Kivu y'Amajyepfo no kwica amasezerano y'amahoro ya Washington, avuga ko iyo mirwano yahozeho na mbere y'isinywa ry'amasezerano
U Rwanda rwamenyesheje Akanama ka Loni gashinzwe umutekano ku isi (UNSC), ko rwiteguye kwakira neza Félicien Kabuga n'Abanyarwanda batandatu bacumbikiwe muri Niger mu gihe baba babyifuza.
Rubavu : Kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Ukuboza 2025, ku mupaka wa La Corniche (OSBP), abanyarwanda 337 babaga muri RDCongo batahutse.
Umukozi ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri “Animateur” mu ishuri ryisumbuye ryitiriwe Ubutatu butagatifu (Saint Trinité de Ruhango) yatawe muri yombi n'Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB , akekweho gusambanya abana babiri b’abakobwa biga muri iki kigo.
Ambasaderi CG Dan Munyuza, yakiriwe n’abayobozi batandukanye muri Leta ya Oman, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, cyane cyane mu nzego z’umurimo, ubucuruzi n’ishoramari
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda ,Amb Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda atari rwo rubazwa ibyo kwica agahenge ahubwo FDLR n'ingabo z'u Burundi bifite umugambi wo guhungabanya umutekano warwo.
Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa, yashyikirije Igikomangoma cya Liechtenstein, Prince Alois, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu