sangiza abandi

Tour du Rwanda: Umuholandi yegukanye agace ka Gatatu

sangiza abandi

Umuholandi Jurgen Zomermaand ukinira Dévelopment Picnic PostNL team y’iwabo, ni we wegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026, kakinwe ku ntera y’ibilometero 145,3  kuva mu Karere ka Huye kugera mu Karere ka Rusizi.

Uyu musore w’imyaka 20 yakoresheje amasaha atatu, iminota 44 n’amasegonda 53 ( 3:44:53), ahita yegukana umwambaro w’umuhondo uhabwa uwegukanye agace ka Tour du Rwanda, wari ufitwe n’Umunya Esipanye, Marti  Pau.

Uyu munya- Epsanye wegukanye agace Ka kabiri, uyu munsi ntibyagenze neza kuko yasoreje ku mwanya wa 12, asigwaho amasegonda 57 n’uwa mbere.

Umunyarwanda waje hafi ni Niyonkuru Samuel ukinira team Amani waje ku mwanya wa 10 aho yakoresheje 3:45:37 akaba yasinzwe n’uwa mbere ho amasegonda 43.

Abakinnyi bahagurutse mu Karere Ka Huye saa Tanu z’amanywa kuri uyu wa kabiri tariki ya 24 Gashyantare 2026, ari 79 nyuma y’uko batandatu basezerewe.

Babanje gukora urugendo rw’ibilometero bibiri bisa no kwishyushya mbere y’uko batangira kubarirwa ibihe.

Isiganwa nyirizina ryatangiriye mu Gahenerezo. Aka gace kagitangira, abakinnyi benshi biganjemo abo mu makipe ya NSN Development Team, Picnic, Istanbul Team, Benediction Banafrica Team n’Ikipe y’Igihugu ya Eritrea, batangiye gucomoka mu gikundi.

Bitandukanye n’uduce twabanje ntabwo abakinnyi bamwe ari bo bayoboye isiganwa ubu bahindukaga.

Abakinnyi batanu barimo Girmay Mewael (Istanbul), bayoboye ndetse kugeza ubwo muri KM 55 Umunya-Nouvelle-Zélande Thompson Reuben ukinira Lotto – Groupe Wanty yacomotse mu gikundi, agenda wenyine ndetse asiga abamukurikiye amasegonda 20 n’ubwo yaje kugirira ikibazo cy’igare mu nzira

Gusa ntibyatumye atitwara neza kuko yegukanye amanota y’umusozi wa kane yatanzwe abakinnyi bamaze kwinjira muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yongera no kwegukana manota y’umusozi wa gatanu yatangiwe Pindura muri Pariki ya Nyungwe rwagati.

Nyuma y’ikibazo cy’igari abo yari yasize bamufashe batangira kugendana. Mu bilometero 100,  Umubiligi Marivoet Scholiers Duarte ukinira Lotto – Groupe Wanty ni we wasohotse muri Nyungwe ayoboye isiganwa.

Gusa ku kilometero cya 120, Umunya-Eritrea Araya Zeray Nahom yafashe Duarte, batangira kugendana, aho bari basize ababakurikiye ho amasegonda 15.

Mu isaha ya mbere, abasiganwa bagendeye ku muvuduko w’ibilometero 36 ku isaha ndetse na 35 ku isaha mu ya kabiri.

Isiganwa ryinjiye mu bilometero 25 bya nyuma Umunya-Eritrea Araya Zeray Nahom ari we uyoboye
isiganwa ndetse yasize igikundi ho amasegonda 15.

Mu bilometero 20 bya nyuma, abakinnyi bose bongeye kugendera hamwe nyuma y’uko igikundi gifashe Araya wari imbere.

Mu bilometero 10 bya nyuma, abakinnyi bacikaguritsemo ibice bibiri. Isiganwa ryinjiye mu bilometero bitanu bya nyuma, riyobowe na Zomermaand Jurgen [Development Team Picnic Postnl] wari wanegukanye amanota y’umusozi wa gatandatu yatangiwe mu Bushenge ho mu Karere ka Nyamasheke.

Byaje kurangira kandi akomeje kubasiga yegukana agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026 kasorejwe i Rusizi. Ni Ku nshuro ya kane aka karere karangirijwemo Tour du Rwanda kuva yashyirwa ku rwego Mpuzamahanga mu 2009.

Photos:

[fluentform id="3"]