Ikipe ya REG VC mu bagabo na Police WVC mu bagore zegukanye igikombe cy’irushanwa ngarukamwaka ryo Kwibohora ryasojwe kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Nyakanga 2026.
Ni irushanwa ryari rimaze iminsi ibiri ribera muri Petit Stade i Remera.
Mu cyiciro cy’abagabo hitabiriye amakipe 5, agabanywa mu matsinda 2, aho itsinda rimwe ryarimo amakipe abiri ariyo Police VC na REG VC naho itsinda rya kabiri ririmo amakipe atatu ariyo APR VC, Kepler VC na Gisagara VC.
Mu itsinda rya mbere, REG VC itozwa na Mugisha Bavuga Benon yazamutse ari iya mbere nyuma yo gutsinda Police VC amaseti 3-1. Kuko iri tsinda ryarimo amakipe abiri gusa, Police VC yahise izamuka ari iya kabiri.
Mu itsinda rya kabiri, Gisagara VC yazamutse ari iya mbere nyuma yo kwitsindira APR VC na Kepler VC, bivuze ko hagati ya APR na Kepler zagombaga kwishakamo indi kipe izamukana na Gisagara.
Ibi APR VC yabigezeho nyuma yo gutsinda Kepler VC yari iherutse kwegukana irushanwa ryo Kwibuka (Genocide Memorial Tournament 2026) amaseti 3-0 biyiha kuzamuka muri 1/2 ari iya kabiri.
Nyuma y’iyi mikino y’amatsinda yakinwe ku wa Gatatu tariki 1 Nyakanga 2026, ubwo u Rwanda rwizihizaga umunsi mukuru w’Ubwingenge, bukeye bwaho hakinwe imikino ya 1/2 aho ikipe ya mbere mu itsinda rya mbere yakinnye n’iya kabiri mu itsinda rya kabiri naho ikipe ya kabiri mu itsinda rya mbere ihura n’ikipe ya mbere yo mu itsinda rya kabiri.
Mur 1/2, Police VC itozwa na Musoni Fred yageze ku mukino wa nyuma itsinze Gisagara VC amaseti 3-2 naho REG VC igera ku mukino wa nyuma itsinze APR VC amaseti 3-1.
Kuri uyu wa Gatanu nibwo hakinwe umukino wa nyuma warangiye REG VC yongeye gusubira Police VC yarifite igikombe giheruka iyitsinda amaseti 3-1 kiba igikombe cya 3 yegukanye muri uyu mwaka w’imikino nyuma y’igikombe cya shampiyona n’igikombe cyo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel.
Gisagara VC y’umutoza Kwizera Pierre Marchal niyo yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda APR VC amaseti 3-2.
Mu cyiciro cy’abagore hitabiriye amakipe 4, aya yaratomboranye hagati yayo ahita akina imikino ya 1/2 aho Police WVC yatomboranye na RRA WVC naho APR WVC itomborana na Kepler WVC.
Mu mikino ya 1/2 yakinwe kuri uyu wa Kane tariki 2 Nyakanga 2026, ikipe ya Police WVC ifite n’igikombe giheruka yasezereye RRA iyitsinze amaseti 3-1.
Ku rundi ruhande, Kepler WVC itarifite kapiteni wayo Uwera Lea usanzwe ubanza mu kibuga nk’usaranganya imipira (Setter) kuko ari mu kwezi kwa buki nyuma yo gukora ubukwe, yasezerewe na APR WVC ku maseti 3-0.
Ku mukino wa nyuma wakinwe kuri uyu wa gatanu ntabwo APR WVC yigeze ibasha kubona iseti imbere ya Police WVC y’umutoza Hatumimana Christian kuko yatsinzwe amaseti 3-0, bituma Police WVC yisubiza igikombe yatwaye n’umwaka ushize ndetse kiba igikombe cya kabiri itwaye muri uyu mwaka w’imikino nyuma ya BK Arena Volleyball Tournament 2025.
Umwanya wa gatatu wegukanwe n’ikipe ya RRA WVC bitayisabye gukina kuko yateye mpaga ikipe ya Kepler WVC yanditse isaba kudakina uyu mukino kuko nyuma y’uko itarifite Kapiteni wayo Uwera Lea, n’umusimbura we Kanyana Aneth yagize ikibazo cy’imvune ikomeye yo mu ivi.
Irushanwa ryo Kwibohora (Liberation Cup) ni irushanwa rikinwa mu mikino itandukanye mu rwego rwo kwizihiza umunsi wa tariki 4 Nyakanga 1994 ubwo ingabo za RPF-Inkotanyi zabohoraga u Rwanda, zihagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi.








