Camille Ndikumana

Camille Ndikumana

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Habimana Dominique, yatangaje ko politiki y’umuganda imaze kugera ku musaruro ugaragara mu guteza imbere imibereho y’abaturage n’iterambere ry’Igihugu, n'ubwo hakigaragara imbogamizi zimwe na zimwe zijyanye n'imyumvire ya bamwe.
Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare riherereye i Musanze batangiye urugendoshuri rw’iminsi itanu rugamije kongera ubumenyi ku ruhare rwa politiki y’u Rwanda mu kubungabunga ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva , yageze i Bangui mu murwa mukuru wa Repubulika ya Centrafrique, aho yitabiriye umuhango wo kurahira kwa Perezida watowe, Faustin-Archange Touadéra.
Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwahamije Nyirahabiyaremye Agnès icyaha cyo kwica ku bushake rumukatira igifungo cya burundu, mu gihe Mugenzi Joseph we yakatiwe igifungo cy’imyaka 25 nyuma yo guhamywa icyaha cyo kuba icyitso muri ubwo bwicanyi.
Kuri uyu wa Gatanu Polisi y’u Rwanda yasoje ku mugaragaro amahugurwa y’abayobozi ba za sitasiyo za Polisi (Station Commanders’ Course), icyiciro cya 02/26, mu muhango wabereye mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo kurwanya iterabwoba (CTTC) giherereye i Mayange mu Karere ka Bugesera aho basabwe gukomeza kubaka icyizere hagati ya Polisi n'abaturage .
Guverinoma y’u Rwanda, ifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo, ikomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere urwego rw’ubuzima hagamijwe ko Abanyarwanda bagira ubuzima buzira umuze, bubafasha gukora neza, guteza imbere Igihugu no kwiteza imbere ku giti cyabo.
Mu nama y’umutekano ya Loni, yayobowe na Massad Boulos, u Rwanda rwongeye kugaragaza impungenge zikomeye ku mutekano muke ukomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rusaba kurandura burundu FDLR.
U Rwanda rwakiriye abaturage 222 batahutse ku bushake bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bakaba bagarutse gutangira ubuzima bushya mu gihugu cyabo.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yashyizeho amavugurura mashya muri gahunda y’Ubwisungane mu kwivuza (Mituweli), agamije kurushaho kunoza serivisi z’ubuzima no gufasha Abanyarwanda gutanga umusanzu ujyanye n’ubushobozi bwabo.