Guillaume NIYONKURU

Guillaume NIYONKURU

Umuhanzi Diamond Platinumz wo muri Tanzania uri mu bakomeye muri Afurika y'Iburasirazuba no muri Afurika muri rusange, yageze i Kigali mu Rwanda aho yitabiriye igitaramo azahakorera kizabera muri Parking ya BK Arena kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2026.
Ikipe ya Police FC yasezereye Rayon Sports muri 1/2 mu irushanwa ry’igikombe kiruta ibindi, FERWAFA Turbo King Super Cup 2026, iyitsinze kuri penaliti 4-2 nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyaije 0-0 mu mikino 90 isanzwe y’umukino.
Ikipe ya Kiyovu Sports yageze ku mukino wa nyuma w'igikombe kiruta ibindi, FERWAFA Turbo King Super Cup 2026, nyuma yo gusezerera Mukura VS&L muri 1/2 iyitsinze igitego 1-0.
Kuri uyu wa kane tariki 27 Kanama 2026, umunyamakuru w’imikino kuri Radio/TV 10 Hitimana Jean Claude uzwi nka Hit yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Ishimwe Muhayimpundu Adelaide uzwi nka Ida nawe uherutse gusezera kuri iki gitangazamakuru cya Radio/TV 10.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa volleyball yitwaye neza itsinda ikipe y’igihugu y’u Burundi amaseti 3-0 biyiha kurangiza imikino y’amatsinda iyoboye itsinda D mu Gikombe cy’Afurika kiri kubera i Nairobi muri Kenya.
Myugariro w’umunyarwanda Rwatubyaye Abdul yerekeje mu ikipe ya KF Shkëndija Haraçinë 77 ikina icyiciro cya mbere muri Macedonia nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Al-Soqour Club yo muri Libya yari amaze umwaka akinira.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yavuze ko imirimo yo kuvugurura Sitade Mpuzamahanga ya Huye igiye kongera gusubukurwa nyuma y'uko habonetse ingengo y'imari ikenewe.
Ikipe ya AEK Athens FC yo mu Bugereki ikinamo umunyarwanda Hakim Sahabo yabonye itike ya UEFA Champions League nyuma yo gusezerera PFC Levski Sofia yo muri Bulgaria ku giteranyo cy'ibitego 4-0.
Abasifuzi b’abanyarwanda Gad Imanimbahafi na Jean Jacques Tuyizere bashyizwe mu basifuzi bazayobora imikino y’igikombe cy’isi cya handabll cy’abangavu batarengeje imyaka 16, 2026 IHF Women’s U16 World Championship.
Amakipe ya Yei Joint Stars WFC yo muri Sudani y’Epfo, Kenya Police Bullets WFC yo muri Kenya, Kawempe Muslim Ladies FC yo muri Uganda na Commercial Bank of Ethiopia WFC (CBE WFC) niyo yageze muri 1/2 cy’imikino ya nyuma ya CECAFA y’abagore yo gushaka itike ya CAF Women’s Champions League.