IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Gufata ibyemezo bidakurikije amategeko byatumye Leta y’u Rwanda ijya mu manza n’abakozi ndetse itsindwa  23% byazo mu mwaka ushize wa 2025, yishyura asaga miliyoni 46 Frw arimo n’indishyi z’akababaro.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abayobozi bane bo mu turere dutandukanye, bagize uruhare mu gutanga ibyangombwa byo kubaka bitubahirije ibisabwa n'amategeko, bakurikiranyweho gukoresha ububasha bafite mu nyungu zabo bwite.
Mu makipe ane yaserukiye u Rwanda muri Shampiyona Nyafurika y’amakipe y’abagabo muri Volleyball ( CAVB Men’s Club Championship 2026), hasigayemo amakipe abiri, yombi agomba guhura muri ½ cy’irangiza, imwe ikajya ku mukino wa nyuma.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen MK Mubarakh, yasabye abo mu Mutwe ushinzwe imyitwarire myiza mu ngabo (Military Police Brigade), kuba intangarugero mu kubungabunga indangagaciro za RDF. 
Police VC, Kepler VC na REG VC zihagarariye u Rwanda muri muri Shampiyona Nyafurika y'amakipe y'abagabo muri Volleyball, zakatishije itike ya ¼ muri iri rushanwa riri kubera mu Rwanda, APR VC irasezererwa.
Minisiteri y’Uburuzi n’Inganda yatangaje ko mirimo yo gukora imihanda mu cyanya cy’inganda cya Muhanga irimbanyije, mu rwego rwo koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, ikangurira abikorera kugishoramo imari.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo, Ingabire Paula, yavuze ko hari gusuzumwa ishyirwaho ry'itegeko rikumira abana bari munsi y'imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga.
Amakipe ane ya APR VC, Kepler VC, Police VC na REG VC ahagararaiye u Rwanda muri Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball (CAVB Men's Club Championship 2026), ari muri 16 yakomeje mu cyiciro gikurikira cya ⅛ , nyuma yo kwitwara neza mu mikino y’amatsinda.