IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi,yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo  kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA).
Amakipe ya AS Muhanga, Rutsiro FC, Etincelles FC na AS Kigali ari mu rugamba rwo kurwana no kuguma mu cyiciro cya mbere, arahatana mu mukino w’umunsi wa 31 wa shampiyona y’u Rwanda.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, cyatangaje ko inzego z'ubuzima  zashyizeho ingamba zo gukumira no gukurikiranira hafi indwara ya Habtavirus, iherutse kugaragara muri bimwe mu bihugu birimo n’ibituranye n’u Rwanda.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ibikorwaremezo, Uwihanganye Jean de Dieu, yavuze ko hari gahunda yo gushyiraho bisi zisanga abantu mu duce batuyemo, ku buryo imodoka ishobora gusanga umuntu ku rugo rwe
Amakipe y'Igihugu y'u Rwanda y'Abatarengeje imyaka 18 na 20 muri Handball yombi egukanye Irushanwa Men's IHF Trophy Africa/Zone 5 abona itike yo gukina Ikikombe cya Afurika.
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Kamuhire Alexis, yavuze ko ibigo bitandukanye bya Leta bigaragaramo imitungo 400 yaguzwe ariko ikaba itarakoreshwa, asaba aba batayikoresha ko bayitanga aho ikenewe
U Rwanda rwateye ntambwe ikomeye mu guteza imbere ingufu zisubira nyuma yo gusinya amasezerano y’imikoranire n’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ibihugu biteza imbere ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba (International Solar Alliance, ISA), agamije kwihutisha iterambere rishingiye ku gukoresha izo ngufu.
Raporo y'Ubugenzuzi Bukuru bw'Imari ya Leta bw'umwaka w'ingengo y'imari warangiye tariki 30 Kamena 2025, igaragaza ko hakiri icyuho gikomeye ku mikoreshereze y'ibitabo Leta iba yatanze mu mashuri kuko bikoreshwa ku kigero kiri hasi cyane ibishobora guhungabanya ireme ry'uburezi.
Ku wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi 2026, Perezida Kagame uri muri Botswana, yagiranye ikiganiro cyihariye na mugenzi we w'iki gihugu,  Duma Boko, cyakurikiwe  n'isinywa ry'amasezerano atandatu.
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Kamuhire Alexis, yagaragaje ko ikibazo cy’inzego zimwe zikerereza imishinga, ari intandaro y’imicungire mibi y’umutungo wa Leta.