IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Kaminuza y’u Rwanda,UGHE, INES Ruhengeri na Aarhus yo muri Denmark, byinjiye mu bufatanye bugamije guteza imbere urwego rw’ubuvuzi mu Rwanda no hanze yarwo.
Imikino y’amatsinda muri Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball iri kubera mu Rwanda, yasojwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Mata 2026. Hakinwe umunsi wayo wa nyuma utahiriye APR VC yari itaratsindwa iratsikira, uhira Kepler VC na REG VC zari zaratakaje umukino umwe mbere, Police VC ikomeza kwema isoza idatsinzwe.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyatangije ikigega kigamije guteza imbere imishinga mito n’iciriritse (SME Growth Fund), gitangirana imari shingiro ungana na miliyoni 30 z’amadolari ya Amerika (’asaga miliyari 43 z’amafaranga y’u Rwanda).
Amakipe ane ahagarariye u Rwanda mu muri Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball (CAVB Men’s Club Championship 2026) yageze muri ⅛ mu gihe hamaze gukinwa imikino ine muri itanu y’amatsinda
Shampiyona nyafurika yʼamakipe yʼabagabo muri Volleyball (CAVB Menʼs Club Championship 2026) yakomeje kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 25 Mata 2026, hakinwa imikino 12 y’umunsi wa gatatu, wasize amakipe ane ahagarariye u Rwanda yose yitwaye neza.
Abasesenguzi n’abatuye Umujyi wa kigali basanga gahunda ya Leta yo gushishikariza abantu kuyoboka bisi ari nziza ariko bagashimangira ko hakwiye gutekerezawa uburyo abantu bagenda neza by'umwihariko kugenda badahagaze, bakabona imbogamizi mu kuba hari abatuye aho zitanagera.
Ahagiye kubakwa inzu zigezweho zo guturamo mu Mujyi wa Kigali mu mushinga wiswe Sahara Residence, hashyizweho ibuye ry’ifatizo, ahitezwe inyubako ifite ibyumba bisaga 110 byo guturamo no gukoreramo.
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ryahagaritse by’agateganyo Ushinzwe ibikoresho muri Gorilla FC ndetse n’Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi b'Amagaju FC, mu bikorwa byose bijyanye n'umupira w'amaguru kubera imyitwarire idahwitse.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo, yatangaje ko gukoresha bisi ari kimwe mu bisubizo byafasha mu guhangana n’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli, abafite imodoka zabo bagirwa inama yo kuziparika bakayoboka bisi.