IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Mu Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda, bakoze igikorwa cyo kwibuka abatutsi bishwe bakajugunywa mu migezi n’inzuzi zitandukanye zo mu Rwnada, zabatembanye ziberekeza mu kiyaga cya Victoria cyo muri iki gihugu.
Ati “Mu rwego rw’ubutabera, IBUKA yagize uruhare mu gushyigikira Inkiko Gacaca n’imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda i Arusha. Yanagize uruhare mu gushaka abatangabuhamya no gutanga amakuru mu manza zibera mu mahanga.”
Itegeko nº 59/2018 ryo ku wa 22 Kanama 2018 ryerekeranye n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano na yo, risobanura ibikorwa bigize icyaha n’ibihano byabyo, abantu bakwiye guhora birinda cyane cyane mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Inzego z' Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Mozambique (RSF-5) zifatanyije n’Inzego z’Umutekano n'iz'Ubuyobozi muri iki gihugu ndetse n’abahagarariye Sosiyete ya TotalEnergies, mu kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Perezida wa Ibuka, Dr. Gakwenzire Philbert, yavuze ko urugendo rw'imyaka 32 ishize hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi rutari rworoshye, ashima ibyakozwe mu guhangana n'ingaruka zikomeye zayo.
Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Mahmoud Ali Youssouf, yashimangiye icyerekezo Afurika yihaye cy’uko urwango rwenyegejwe bitazongera kwemerwa ko ruhindurwa umushinga wa politiki.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Siyansi n’Umuco, UNESCO, ryijeje uruhare rwaryo mu guteza imbere uburezi ku byerekeye Jenoside bizafasha mu guhangana n'ivangura iryo ari ryo ryose.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB,Dr Murangir B Thierry, yavuze ko mu mwaka ushize wa 2025, uru rwego rwakiriye ibirego bisaga 480 bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside.