IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) cyatangaje ko umusaruro w;ibikorerwa mu nganda wiyongereyeho 3,7% muri Gashyantare 2026 ugereranyije n’ukwezi nk’uko mu 2025.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi afunze, akurikiranweho icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
Abayoboke b'Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu (PL) bibutse ku nshuro ya 32 abari abayobozi n'abayoboke baryo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu gikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 13 Mata 2026.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Canada bahuriye mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, biyemeza u kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside uko yakwigaragaza kose.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, yakuye mu rujijo ku bibazaga aho yabaga ubwo mu Rwanda habaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nyuma y'abavugaga ko yari mu Bufaransa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ishyigikiye umuhungu wa Habyarimana, badafite gahunda yo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda gusa, ahubwo bashaka kugarura Jenoside.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yanenze amahanga yari azi neza ko Jenoside yakorewe Abatutsi iri gutegurwa ariko ntagire icyo akora kugira ngo ayihagarike, ndetse n’Ingabo za Loni zatereranye Abatutsi muri ETO Kicukiro.
Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda  1994, hari Abatutsi benshi bishwe bajugunywa mu nzuzi n’imigezi itandukanye mu Rwanda, ibatembana iberekeza mu kiyaga cya Victoria gikora ku bihugu by’ibituranyi birimo Uganda.
Mu Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda, bakoze igikorwa cyo kwibuka abatutsi bishwe bakajugunywa mu migezi n’inzuzi zitandukanye zo mu Rwnada, zabatembanye ziberekeza mu kiyaga cya Victoria cyo muri iki gihugu.
Ati “Mu rwego rw’ubutabera, IBUKA yagize uruhare mu gushyigikira Inkiko Gacaca n’imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda i Arusha. Yanagize uruhare mu gushaka abatangabuhamya no gutanga amakuru mu manza zibera mu mahanga.”