Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yanze gushyira umukono ku munota wa nyuma amasezerano ahuriweho n’u Rwanda yerekeranye no guteza imbere ubukungu mu karere yagombaga gusinyirwa i Washington DC muri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro ry'izindi ngabo bafatanyije zagabye ibitero zikoresheje indege z’intambara, zisenyera abaturage muri teritware ya Rutshuru no muri Lubero mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru
Ihuriro ry’Ingabo za Repubulika iharanira demukarasi ya Congo zimaze iminsi ibiri zihanganira n’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa RD Congo, mu duce dutandukanye two muri teritware ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.