Nina Cynthia

Nina Cynthia

Dushime Nina Cynthia ni umunyamakuru w’Umunyarwandakazi ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru y'ibibera imbere mu gihugu. Kuri ubu ni 'Special Editor' ku rubuga rw’amakuru rwa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Abapolisi bo ku rwego rwa ofisiye bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo kurwanya iterabwoba giherereye i Mayange mu Karere ka Bugesera, bakoze urugendoshuri rugamije kubafasha guhuza amasomo bigira mu ishuri n'ibikorerwa mu kazi
Umunyarwenya ukomoka muri Uganda, Hillary Okello yaraye atanze ibyishimo ku Banya-Kigali bari bitabiriye igitaramo cya Gen-Z Comedy gisoza ukwezi ku Ugushyingo
Minisitiri w'Uburezi Joseph Nsengimana yatangaje ko mu myaka ine iri imbere hazaba huzuye amashuri atanu ya Leta afasha abana bafite ubumuga bwihariye, ndetse n'andi mashuri hirya no hino mu gihugu akazaba ayigiraho
Rutahizamu wa Kiyovu Sports, Amissi Cédric, yasabye imbabazi nyuma y’imyitwarire idahwitse yagaragaje mu mikino iheruka, byamuviriyemo guhagarikwa imikino ibiri no kwamburwa igitambaro cy’ubukapiteni
Umunyarwenya akaba n'umukinnyi w'amafilimi, Kevin Hart, yasangije abakunzi be ibihe bidasanzwe yagiriye mu Rwanda ubwo we n'umuryango we basuraga Ingagi zo muri Pariki y'Ibirunga mu Karere ka Musanze
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yongeye gushimangira ko icyemezo cyo gufungura ikibuga cy'indege cya Goma, kigomba gufatirwa mu mwanzuro w'ibiganiro by'amahoro bya Doha bihuza AFC/M23 na Leta ya RDC
Umujyi wa Kigali wakumbuje Abanyarwanda indirimbo n’umudiho gakondo by’umuco Nyarwanda, mu gitaramo cy’amateka cyiswe ‘Kigali Dutarame’, cyateguwe hagamijwe kwerekana ubukungu n’ubudasa buri mu muco w’i Rwanda.
Soraya Hakuziyaremye yagaragaje ingamba zashyizweho n'iyi banki mu kurushaho gushishikariza Abanyarwanda kwizigamira, nka kimwe mu bisubizo bizatuma inyungu ku nguzanyo zishyirwaho n'ibigo by'imari zigabanuka
Umuyobozi w'Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, wari mu ruzinduko rw'iminsi ibiri mu Rwanda yatangaje ko ashima umuhate w'u Rwanda mu gushyigikira ibikorwa by'amahoro mu Karere ka Afurika y'Uburasirazuba
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot n’itsinda bazanye mu Rwanda, basuye urwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, bunamira inzirakarengane ziharuhukiye