Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Uwo munsi Col Théoneste Bagosora yamenyesheje abasirikare bakuru ko igikwiye ari ukongera ingufu muri diplomasi kugira ngo ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi ntibumenyekane, ndetse banashake uko babwikuraho.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko agera kuri miliyari 250 Frw azashorwa mu gutunganya ibyanya by’inganda bizubakwa kuri hegitari 8000 zizatanga akazi ku bantu barenga ibihumbi 25.
U Rwanda rukomeje gushyiraho ingamba zirufasha guhangana n’izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli bikomeje gutumbagira uko bwije n’uko bukeye ari nako kandi rugabanya ingano y’imyuka ituruka mu binyabiziga bikoresha lisansi ijya mu kirere ikangiza ibidukikije.
Kuri iyi tariki nibwo intumwa za Leta y’abatabazi yari iri gukora Jenoside zakiriwe n’ubutegetsi bw’u Bufaransa i Paris, hirengagijwe ubuzima bw’Abatutsi ibihumbi bari bamaze kwicwa bazira uko bavutse.
Pariki y’Igihugu y’Akagera yatangaje ko mu gihembwe cya mbere cya 2026 yasuwe n’abantu barenga 11.700, bituma yinjiza arenga miliyoni 1,3$, ni ukuvuga asaga miliyari 1,9 Frw mu mezi atatu gusa.
Polisi y’igihugu yatangaje ko Abapolisi 1697 barimo n’abacungagereza basoje ku mugaragaro icyiciro cya kane cy’amahugurwa y’ibanze y’ibikorwa bya Polisi byihariye mu gucunga umutekano (Basic Police Special Forces course 04/2026).
Kuri iyi tariki yishwe Abatutsi ku maparuwasi atandaukanye mu gihugu ndetse ni bwo hishwe Abatutsi bari bahungiye kuri ISAR Rubona.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, yigaramye amakuru avuga ko igihugu cye kiri mu mugambi na Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye wo kugaba ibitero ku Rwanda.
Ibi byabaye ku wa 23 Mata 2026 aho abafashwe ari umugore w’imyaka 43 y’amavuko n’umugabo wa 34 bakaba barafatiwe mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rutunga Akagari ka Kigabiro,Umudugudu wa Karwiru aho aba bombi bafashwe bafite ibiro 2 by’urumogi n’udupfunyika 250 twarwo.
U Bufaransa bwatangaje ko hari Abanyarwanda 36 bari gukorwaho iperereza kugira ngo bazaburanishwe ku byaha bakekwaho bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.