Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yavuze ko ikibazo mu mitangire mibi ya serivisi z’ubutaka kiri mu byo bari kwitaho ngo gikemuke aho yavuze ko bari kwifashisha ikoranabuhanga mu rwego rwo kugabanya igihe byatwaraga ngo ziboneke.
Imyaka ibaye uruhererekane abantu bakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda cyane cyane abo mu bwoko bw’Abanyamulenge n’Abatutsi bahererye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batabaza ku bw’ibikorwa by’ubwicanyi bw’indengakamere bakorerwa ariko ijwi ryabo ntirirenge umutaru.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Nsengiyumva Justin, yatangaje ko u Rwanda rwiteguye gusangiza Sudan y’Epfo ubunararibonye rufite  mu kongera kubaka igihugu nyuma yo gushegeshwa n’intambara binyuze mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge.
Uguterana amagambo no kwandagazanya byeruye hagati y’abanyamakuru bakora ku bitangazamakuru bya Isibo TV&Radio na SK FM byateje impaka ku mbuga nkoranyambaga
Umugaba Mukuru w'Ingabo za Uganda UPDF, General Muhoozi Kainerugaba, yemeje ko mu mu bihe bya vuba azasura u Rwanda n'Abanyarwanda, agaragaza urukumbuzi n'ubwuzu abafitiye.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko kugira ngo ikibazo cy’imiturire n’amacumbi ari ku giciro gihanitse mu Rwanda cyane cyane mu mujyi wa Kigali gikemuke, hakenewe ko hubakwa inzu ziri hagati y’ibihumbi 10 na 20 buri mwaka
Umuhanga mu bya siyansi mu bijyanye n’imitekereze, Robert O. Duncan, avuga ko kurota bifasha umuntu kuyungurura amarangamutima nibyo yanyuzemo umunsi wose ndetse bigacubya uburakari yagize.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb.Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko igihuza u Rwanda n’ihuriro rya AFC/M23 ari umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kandi ukaba ugifite umugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yegukanye umudali w’Umuringa  ku munsi wa nyuma w’arushanwa yo guhashya iterabwoba azwi nka ‘UAE SWAT Challenge 2026’.
Kuryama ni kimwe mu bintu bituma umubiri n’ubwonko by’umuntu biruhuka ndetse buri wese ajya kurambika umusaya ashaka kubyuka afite imbaraga n’imbaduko zituma yongera gukora imirimo ye neza.