IKUZWE MBABAZI Maurice

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Kuri iyi tariki Perezida Sindikubwabo Theodore yasubiye i Butare avuga ko agiye mu bugenzunzi ngo arebe ko abanya-Butare bari gukora neza akazi yabasabye ko kwica Abatutsi.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere RDB, rwatangaje ko mu 2025 ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni 685$ aho byiyongeye ugereranyije na miliyoni 647$ bwari bwarwinjirije mu 2024 bigaragaza ubwiyongere bwa 6%.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga arasaba afafite ibinyabiziga by’umwihariko abatwara moto kubahiriza gahunda yashyizweho mu mujyi wa Kigali yo gutwara abagenzi rusange mu buryo bwa bisi,birinda kunyura mu gisate cyagenewe bisi mu masaha yashyizweho.
Uwo munsi Col Théoneste Bagosora yamenyesheje abasirikare bakuru ko igikwiye ari ukongera ingufu muri diplomasi kugira ngo ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi ntibumenyekane, ndetse banashake uko babwikuraho.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko agera kuri miliyari 250 Frw azashorwa mu gutunganya ibyanya by’inganda bizubakwa kuri hegitari 8000 zizatanga akazi ku bantu barenga ibihumbi 25.
U Rwanda rukomeje gushyiraho ingamba zirufasha guhangana n’izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli bikomeje gutumbagira uko bwije n’uko bukeye ari nako kandi rugabanya ingano y’imyuka ituruka mu binyabiziga bikoresha lisansi ijya mu kirere ikangiza ibidukikije.
Kuri iyi tariki nibwo intumwa za Leta y’abatabazi yari iri gukora Jenoside zakiriwe n’ubutegetsi bw’u Bufaransa i Paris, hirengagijwe ubuzima bw’Abatutsi ibihumbi bari bamaze kwicwa bazira uko bavutse.
Pariki y’Igihugu y’Akagera yatangaje ko mu gihembwe cya mbere cya 2026 yasuwe n’abantu barenga 11.700, bituma yinjiza arenga miliyoni 1,3$, ni ukuvuga asaga miliyari 1,9 Frw mu mezi atatu gusa.
Polisi y’igihugu yatangaje ko Abapolisi 1697 barimo n’abacungagereza basoje ku mugaragaro icyiciro cya kane cy’amahugurwa y’ibanze y’ibikorwa bya Polisi byihariye mu gucunga umutekano (Basic Police Special Forces course 04/2026).
Kuri iyi tariki yishwe Abatutsi ku maparuwasi atandaukanye mu gihugu ndetse ni bwo hishwe Abatutsi bari bahungiye kuri ISAR Rubona.