Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Abadepite bagize komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo,n’Urubyiruko basabye inzego zitandukanye zishinzwe ishyirwa mu bikorwa rya politiki y'igihugu y’umurage ndangamuco gushyira imbaraga mu kunoza imikorereshereze y’ururimi rw’Ikinyarwanda ndetse no gusigasira umuco muri rusange.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu minsi 10 ya mbere y’ukwezi kwa Werurwe 2026, hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 30 na 120, ikaba iri hejuru gato y’ikigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gice yabaga iri hagati ya milimetero 20 na 90.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’u Rwanda Rugenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane, (CMA) rwatangaje ko Romeo Ngarambe ariwe Muyobozi mukuru warwo, aho aje asimbura Umunya Botswana, Thapelo Tseole uherutse kuva muri izi nshingano muri Mutarama 2026, yararimo kuva muri Kamena 2024
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Nduhungirehe Olivier, yagiriye uruzinduko mu Buhinde aho yitabiriye inama ijyanye no gushimangira ubufatanye hagati y’u Rwanda n’u Buhinde mu nzego zitandukanye.
I Rusororo mu Karere ka Gasabo u Rwanda ruri kuhubaka ibigega bya gaz yo gutekesha  byitezweho kuzafasha kugabanya igiciro cyayo ndetse bikazatuma hashyirwaho ibiciro bimwe hose mu gihugu kandi bikazanorohereza abafite amikoro macye kubona gaz ijyanye n’ubushobozi bwabo.
Abakinnyi babiri bakinira ikipe ya Atlético de Madrid y’Abagore yo mu gihugu cya Espagne, Carmen Menayo Montero na María Dolores Gallardo Núñez uzwi nka ‘Lola’ bari mu biruhuko mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima yatangiye gutanga telefone zigezweho zikoresha ubwenge buhangano AI, ku bajyanama b’ubuzima  bose hirya no hino mu gihugu bemerewe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.
Imibare igaragaza ko ibihugu umunani bigize uyu muryango wa EAC bicuruzanya hagati yabyo  ku kigero cya 15% nyamara bituwe n’abasaga miliyoni 300 aho 60% by’abo ari urubyiruko mu gihe umusaruro mbumbe wabyo urenga miliyari 350$.
Kaminuza y’u Rwanda yatoranyijwe kuzafasha mu kubaka ubushobozi Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba  gakeneye kugira ngo kihaze mu bijyanye no gukora imiti n'inkingo.
Ubuyozi bw’ibitaro bya Munini bwatangaje ko mu rwego rwo gukomeza kunoza serivise zihatangirwa bigiye guhindurwa ibya Giririkare ndetse bikavanwa ku rwego rw’ibitaro bya Karere bigashyirwa ku rw’ibyigisha abaganga byo ku rwego rwa kabiri bizwi nka ‘Teaching Hospital level 2’.