Raymond Tuyishimire

Raymond Tuyishimire

Tuyshimire Raymond, ni Umunyamakuru w'Umunyarwanda ubimazemo imyaka itandatu. Azobereye mu gutara inkuru zicukumbuye n'izindi zibanda ku burenganzira bwa muntu muri rusange, ubw'abana ndetse n'izindi zivuga u Rwanda. Kuri ubu ni Editor ' w'ikinyamakuru Umunota

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah El-Sisi bahagarariye isinywa ry’amasezerano agamije guteza imbere ibijyanye no gucunga umutungo w’amazi,ubukungu n’ubucuruzi, gusangira ubutaka hagamijwe guteza imbere ibikorwa by’ubucuruzi,imiturire guteza imbere ishoramari.
Perezida Paul Kagame yageze i Cairo mu Misiri mu ruzinduko rw’akazi, yakirwa na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah Al-Sisi ku ngoro ya Al-Ittihadiya.
U Rwanda na Hongrie byasinye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye no guteza imbere siporo.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi(MoYA), ifatanyije n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi,UNESCO,ku bufatanye n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, bari gukora ibarura ry’abahanzi bo mu Rwanda.
Minisitiri w’Intebe ,Dr Nsengiyumva Justin,uri gusura uturere tw’Intara y’Amajyepfo, yeretswe inyungu yitezwe mu nyubako y’ubucuruzi, Huye Trading Company, izuzura itwaye miliyari zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda.
Abahinzi b’icyayi  bo mu karere ka Nyaruguru, mu Ntara y’Amajyepfo, babwiye Minisitiri w’Intebe,Dr Nsegiyumva Justin ko bakigorwa no kugeza umusaruro wabo ku isoko ahanini bitewe n’ikibazo cy’umuhanda.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abangavu batarengeje imyaka 20, yatsinzwe na Nigeria igitego 1-0 mu mukino wo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi.
Minisitiri w’Intebe,Dr Nsengiyumva Justin, yasabye abahinzi bo mu karere ka Nyaruguru, gutekereza uburyo bashyira mu bwishingizi ibihingwa, birinda ko bajya mu gihombo mu gihe bahuye n’ibiza.
U Rwanda, rugiye kwakira inama yiga ku buryo abakora mu nzego zifite aho zihuriye n'ubuhinzi no mu buvuzi bahabwa ubumenyi mu bijyanye no kubika no gukonjesha ibikomoka ku buhinzi n’imiti mu buryo butangiza ikirere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasuye umuhanda uri gukinirwamo isiganwa rya Formula 1 , Azerbaijan Grand Prix.