Amakuru

Urugendo rwa Dr. Sina Gerard, wiyubatse buhoro buhoro, abihereye ku bucuruzi buto bwo mu cyaro, akaza kugera ku rwego rwo hejuru nk’umwe mu baherwe 10 ba mbere mu Rwanda
Dr Aisa Kirabo Kacyira wari Umuyobozi w’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bitanga Ubufasha, akaza kwitaba  Imana azize uburwayi, azashyingura ku munsi w’ejo tariki ya 19 Kanama 2025, mu irimbi rya Rusororo
Raporo ya Minisiteri Ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, MINEMA ivuga ko abantu batatu bitabye Imana, abandi 11 barakomereka kubera imvura nyinshi yaguye ku matariki ya 17-18 Kanama uyu mwaka
Guverinoma ya Qatar yashyikirije iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 umushinga w’amasezerano y’amahoro kugira ngo usuzumwe mbere yo kwemerwa
AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi ryatangaje ko ingabo za FARDC n’abandi barwanyi bafatanya nayo bateye ibisasu biremereye mu bice bituyemo abaturage benshi
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Kanama 2025, harakomeza urubanza mu muhezo rw’abantu barimo abanyamakuru n’abasirikare mu ngabo z’u Rwanda, bakekwaho ibyaha birimo ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa leta icyo utagenewe
Hashize imyaka 25 hatangiye  politiki yo kwegereza ubuyobozi abaturage, ndetse hatewe intambwe mu nzego zitandukanye byatumye ubuyobozi burangwa na demokarasi
MINEDUC yatangaje ko amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ibisoza icyiciro rusange, mu mwaka w’amashuri wa 2024/2025, azatangazwa kuwa kabiri tariki ya 19 Kanama 2025
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungurehe, yagaragaje ko ibikorwa by’umutwe w’iterabwoba wa FDLR biteye inkenke ku mutekano w’igihugu cy’u Rwanda
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye Kenya yashyizeho uhagararira inyungu zayo muri Goma kuri ubu hagenzurwa n’ihuriro rya AFC/M23 rutabaga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu