Amakuru

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko idashyigikiye ukwitandukanya kwa Somalia n’Intara ya Somaliland, ivuga ko ishyigiye ko iki gihugu cyarangwamo n' amahoro kandi amategeko mpuzamahanga nayo akubahirizwa.
Umwaka wa 2025 wasize andi mateka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuko isize iki gihugu cya kabiri mu kugira ubuso bunini muri Afurika hari umutwe ukigabije, ugafata imwe mu mijyi y'ingenzi.
Muyango Jean Marie, ufatwa nk'Intore ikomeye mu mateka y'u Rwanda,yacyeje Sentore wabakundishije umuco mu gihe cyabo akanabafasha kuwukomeza bityo asaba abakiri bato gufatiro urugero kuko bafite Igihugu cyiza.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yafunguye ku mugaragaro isoko rishya rya Gisenyi, ryari rimaze imyaka 15 riri kubakwa
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko rwakomoreye hoteli Château le Marara ndetse runemeza ko iyi hoteli yatangira gutanga serivisi zo kwakira abantu.
Perezida w'Uburundi ,Ndayishimiye Evaliste, yavuze ko u Rwanda rugifite umugambi wo gutera u Burundi kandi ko mu bihe bitandukanye bwasabye ko abakoze ibyaha mu Burundi bari mu Rwanda bakoherezwayo bagacirwa imanza ariko rwabyanze.
Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, muri iki gihe cy'iminsi mikuru isoza umwaka, rwasabye abanyarwanda kwirinda ibikorwa n'imyifatire ivamo ibyaha, ishobora gushyira ubuzima bw'abandi mu kaga.
Umuyobozi w’umujyi wa Kindu, mu ntara ya Maniema muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, Augustin Atibu Mulamba, yafashe icyemezo cyo kubuza burundu kwambara, kugurisha, gutunga no gukwirakwiza imyambaro cyangwa ibirango byose byanditseho ijambo “Visit Rwanda” ku butaka bw’uyu mujyi.
Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika yo mu Rwanda, Antoine Cardinal Kambanda yasabye inzego za Leta y’u Rwanda zifite mu nshingano insengero ko hakorwa ibishoboka byose izujuje ibisabwa zigafungurwa Abakirisitu bakongera guterana