Amakuru

Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa, yashyikirije Igikomangoma cya Liechtenstein, Prince Alois, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu
Maniriho faustin wo mu karere ka Rwamagana n'abagabo babiri aribo Kwizera Dieu Donne na Saleh Ali Manishimwe, bareganwa, baburanishijwe mu ruhame, mu nteko z'abaturage, baregwa kugira uruhare mu rupfu rw'umugore we witwa Murekatete Jacqueline.
Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, SINDAYIHEBA Phanuel yatangaje ko mu karere ka Rusizi by'umwihariko ibice bya Bugarama n'umupaka waho, umutekano umeze neza nyuma y'uko humvikanye urusaku rw'imbunda ziremereye zavugiraga muri RDCongo.
Ubuyobozi bw'Itorero rya ADEPR bwatangaje ko muteganya kwicarira ikibazo cy'abantu batanze imigabane mu kigega CICO Ltd (Christian Investment Corporation Ltd), cyari kigamije guteza imbere abagize iri torero, hakarebwa uburyo abatanzemo imigabane bayisubizwa.
Umupolisi wakoreraga mu Karere ka Rutsiro yarashe umuturage na DASSO nawe ahita yirasa arapfa.
Itsinda ry’abashakashatsi kuri serivisi z’imari rikorera muri Banki y’Isi,CGAP, ryagaragaje ko u Rwanda rukomeje kuza mu bihugu byihuta cyane mu gukoresha ikoranabuhanga muri serivisi z’imari ariko hakaba hari impungenge z’ibitero by’uburiganya nabyo bikomeje kwiyongera
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko atari yo ikwiye kubazwa ibyo gushyiraho agahenge mu mirwano AFC/M23 ihanganyemo na leta ya RDcongo,mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, yamaganira kure ibitero byagabwe hafi y'umupaka w'u Rwanda, bigizwemo uruhare n’ingabo za FARDC zifatanyije n'iz’u Burundi n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR.
Itorero rya ADEPR mu Rwanda ryimitse bwa mbere abapasiteri b’abagore bagiye gutangira inshingano zo kuyobora itorero
Ihuriro rya AFC/M23, ryamaze kwigarurira umujyi wa Uvira, gusa hari uduce duke tutaragerwamo n’abarwanyi b'uyu mutwe
Corneille Nangaa, yemeje ko igisirikare cya M23 cyamaze kwinjira muri Uvira, avuga ko babikoze mu rwego rwo gushyiraho umutekano nyuma y’uko yahamagawe n'abaturage bo muri ibyo bice bamutabaza

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka