Amakuru

Inararibonye mu bya Politiki, Hon. Tito Rutaremara, asanga abavuga ko u Rwanda ruri muri RDCongo gushyigikira Ihuriro rya AFC/M23, ari ibinyoma kuko umutwe wa M23 wihagije kandi ko nta bimenyetso bifatika ababivuga bashingiraho
Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko gahunda yo gushinganisha ibihingwa n’amatungo igeze ku kigero gishimishije aho abahinzi n’aborozi barenga ibihumbi 300 bamaze kugana gahunda y’ubwishingizi.
Umuryango Unity Club Intwararumuri watangaje ko ubabajwe n'urupfu rw’Umurinzi w’Igihango Madamu Joséphine Murebwayire witabye Imana ku Cyumweru tariki ya 05 Ukwakira 2025
Umunyamakuru Nkundineza Jean Paul yarekuwe nyuma yo kurangiza igifungo cy’imyaka ibiri  yari yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ku byaha byo gutangaza amakuru y’ibuhuha.
Ihuriro rya AFC/M23, rirwanya ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe cy’ukwezi kumwe rimaze kunguka abasirikare bakabakaba ibihumbi 20
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko Perezida wa RDC, Felix Tshisekedi, yongeye kudobya gahunda y’amahoro, akanga ko hasinywa amasezerano y’ubufatanye mu by’ubukungu hagati y’igihugu cye n’u Rwanda
U Rwanda rwifatanyije n’Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Inyamaswa (World Animal Day 2025), hibutswa akamaro ko kwita ku nyamanswa no gukingira indwara y’ibisazi
Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yanze gushyira umukono ku munota wa nyuma amasezerano ahuriweho n’u Rwanda yerekeranye no guteza imbere ubukungu mu karere yagombaga gusinyirwa i Washington DC muri Leta zunze ubumwe za Amerika.