Inkuru Nshya

Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha RIB rurasaba abacuruzi kudakomeza guhisha inzoga zitujuje ubuziranenge zakuwe ku isoko, kuko uwo bazazisangana azahanwa.
Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda y'abatarengeje imyaka 18 mu ngimbi ikomeje imyitozo nyuma yo kugera i Abidjan muri Côte d'Ivoire aho yitabiriye imikino y'Igikombe cy'Afurika, FIBA U18 AfroBasket 2026, gitangira kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Kanama kikazarangira tariki 16 Kanama 2026.
Guverinoma y'u Butaliyani yatangaje ko yatangiye ibiganiro n'u Rwanda bishobora kuvamo ubufatanye bwo kwakira abimukira basabye ubuhungiro muri iki gihugu ariko ntibabwemererwe, mbere yo koherezwa mu bihugu bakomokamo.
Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), byasinye amasezerano y’inkunga ya miliyoni 40 z’Ama-Euro [asaga miliyari 67 Frw], azafasha u Rwanda guteza imbere  ubuhinzi bujyanye n’igihe, budaheza kandi bushobora guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda yo gusiganwa mu misozi (Mountain Bike) yerekeje muri Cameroon aho yitabiriye isiganwa rya Grand Prix International Chantal Biya rizakinwa mu minsi ibiri tariki 7-8 Kanama 2026.
Umunyarwanda ukina mu kibuga hagati, Mugisha Bonheur 'Casemiro' uherutse gusinyira ikipe ya Al-Hazem Saudi Club yo muri Saudi Arabia, yakinnye umukino we wa mbere muri iyi kipe yo muri Saudi Arabia ndetse ari mu bakinnyi 11 babanje mu kibuga.
Komisiyo y'Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) yasabye Minisiteri y’Ubutabera gukorana n’Urwego rw’Ubushinjacyaha kugira ngo hakurikiranwe ibigo byakoresheje amafaranga ya Leta nabi
Ikipe ya Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup yaherukagaho mu 1998 nyuma yo gusezerera Jamus SC yo muri Sudani y’Epfo iyitsinze ibitego 3-1, ihasanga Gor Mahia FC yo muri Kenya.
Ikigo cy'Igihugu Gitsura Ubuziranenge (RSB) cyatangaje ko cyahagaritse ibyemezo by'ubuziranenge ku nganda 47, zagaragaweho kutubahiriza ibisabwa mu gutunganya ibinyobwa bisembuye no gukoresha nabi ikirango cya S-Mark.
Amakipe y'u Rwanda ya handball y'abatarengeje imyaka 18 na 20 (Youth na Junior) yamenye amatsinda arimo mu mikino y'Ibikombe bya Afurika aho ikipe ya U-18 yisanze mu itsinda C hamwe na Maroc na Libya naho U-20 yisanga mu itsinda A hamwe na Guinea, Zimbabwe na Côte d'Ivoire.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka