Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi isigaje imikino ibiri mu rugamba rwo gushaka itike iyerekeza mu Gikombe cy’Isi cya 2026, kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Muri iyi mikino ibiri, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda izakina na Benin mu mukino uzabera kuri Stade Amahoro, ku wa Gatanu tariki ya 10 Ukwakira 2025, yongere guhura na Afurika y’Epfo ku wa Kabiri w’Icyumweru gitaha, tariki ya 14 Ukwakira 2025.
Ikipe y’igihugu Amavubi ni aya 4 mu Itsinda C ririmo Benin iyoboye n’amanota 14, Afurika y’Epfo ya kabiri n’amanota 14, Nigeria ya gatatu n’amanota 11 aho inganya n’u Rwanda, Lesotho ifite 9 na Zimbabwe ya nyuma ifite 4.
U Rwanda kugirango rwerekeze mu Gikombe cy’Isi rurasabwa gutsinda imikino yombi rusigaje, kuko mu gihe rwatsinda Benin banganya amanota, hagasigara umukino wa nyuma bazahuramo na Afurika y’Epfo.
Urugendo rw’Amavubi mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, rwatangiriye i Huye tariki 15 Ugushyingo 2023, ubwo yakinaga na Zimbabwe bikanganya 0-0.
Imikino yakomeje muri Kamena 2024, mu mukino wa Gatandatu, ari nabwo Amavubi yatakaje umukino wa mbere atsinzwe na Benin igitego 1-0, ariko kuwa 11 Kamena 2024, Amavubi yongera gutsinda yari yakiriye igitego 1-0.
Kuva ubwo Amavubi yongeye gutsinda ku wa 9 Nzeri 2025, atsinze Zimbabwe 1-0.
imikino y'umunsi wa 10 mu itsinda C mu gushaka itike y'Igikombe cy'Isi ishyizweho akadomo aho isize ikipe y'Igihugu ya Afurika y'Epfo iyoboye itsinda n'amanota 18, ni mugihe Nigeria yatsinze Bénin ibitego 4-0 isoje urugendo rwayo ifite amanota 17, ku rundi ruhande Bénin isoreje ku mwanya wa gatatu n'amanota 17 aho irushwa ibitego izigamye na Nigeria.
Amavubi asoje uru rugendo afite amanota 11, n'umwenda w'ibitego 4, ni mugihe Zimbabwe ariyo yanyuma muri iri tsinda ry'amakipe 6 aho ifite amanota 5 yonyine.
Umukino wahuzaga Afurika y'Epfo n'u Rwanda urangiye ikipe y'Igihugu ya Afurika y'Epfo itsinze u Rwanda ibitego 3-0
Afurika yepfo yaherukaga mu gikombe cy'Isi ubwo yari yacyacyiriye mu mwaka w'i 2010, ni mugihe ku rundi ruhande Nigeria yatsinze Bénin ibitego 4-0 ariko ntacyo biyifashije kuko u Rwanda rutsinzwe na Afurika y'Epfo
Nigeria iri mu itsinda rimwe n'u Rwanda, irimo gutsinda yihaniza cyane ikipe y'Igihugu ya Bénin, ni igitego gitsinzwe na Frank Onyeka ku munota wa 90+1 , ku mupira mwiza uhinduwe na Moses Simon.
Rutahizamu w'ikipe y'Igihugu ya Nigeria, Victor James Osimhen atsinze igitego cya gatatu cya Nigeria mu mukino iri gukinamo na Benin, gusa nubwo Nigeria irimo gutsinda ntacyo biraza kuyifasha mu gihe cyose Afurika y'Epfo iraza gusoza umukino itsinze u Rwanda.
Nigeria iri mu itsinda rimwe n'u Rwanda ikomeje gutsinda yihaniza bikomeye ikipe y'Igihugu ya Benin, ku munota wa 37 rutahizamu Victor Osimhen atsinze igitego cya kabiri, n'ubundi ni ku mupira mwiza aherejwe na Samuel Chukwueze
Nubwo Nigeria irimo gutsinda ntacyo biraza kuyifasha mu gihe cyose Afurika y'Epfo iraza gusoza umukino itsinze u Rwanda
ikipe y'Igihugu ya Nigeria "The super Eagles" yamaze gufungura amazamu, ku gitego gitsinzwe na rutahizamu Victor Osimhen ku mupira mwiza ahawe na mugenzi we Samuel Chukwueze ku munota wa 3 w'umukino.
kugirango Nigeria ibashe gukatisha itike y'igikombe cy'Isi irasabwa kuza gutsinda ibitego birenze bibiri ariko ikanareba ko u Rwanda rudatsindwa na Afurika y'Epfo.
Myugariro w'ikipe y'Igihugu y'Amavubi, Phanuel Kavita ntabwo ari mu bakinnyi bashoje imyitozo ya nyuma yabaye ku wa Mbere, byitezwe ko adakina umukino uri buhuze Amavubi na Bafana Bafana yo muri Afurika y'Epfo kuri uyu wa Kabiri.
Ikipe y’Igihugu, Amavubi, yakoze imyitozo ya nyuma kuri Mbombela Stadium mu Mujyi wa Mbombela mu Ntara ya Mpumalanga aho izakirirwa na Afurika y'Epfo mu mukino w’umunsi wa 10 wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.
Uyu mukino uzaba ku wa Kabiri, tariki 14 Ukwakira 2025, 18h00 ku isaha y’i Kigali.
Amavubi yakoze imyitozo ya mbere yo mu kibuga muri Afurika y'Epfo aho ari kwitegura umukino azahuriramo n'ikipe y'Igihugu ya Afurika y'Epfo, Bafana Bafana.
Amavubi yakoreye imyitozo kuri Ekabokwami Stadium mu Mujyi wa Mbombela mu Ntara ya Mpumalanga muri Afurika y'Epfo, ikaba yitabiriwe na Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice n'umutoza Adel Amrouche.
Abakinnyi b'ikipe y'Igihugu Amavubi bakigera muri Afurika y'Epfo ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu bahise batangira imyitozo, aho bagaragaye bari muri 'Gym'.
Bari kwitegura umukino bazahuriramo n'ikipe ya Bafana Bafana, ku wa kabiri tariki ya 14 Ukwakira 2025, ku isaha ya saa 18:00 ku isaha y'i Kigali.
Ikipe y'Igihugu Amavubi yageze i Johannesburg muri Afurika y'Epfo aho yitegura guhurira mu mukino wa nyuma wo Gushaka itike y'Igikombe cy'Isi na Bafana Bafana yo muri iki gihugu.
Amavubi yahagurutse i Kigali, ku Gicamunsi cyo ku wa Gatandatu, tariki ya 11 Ukwakira 2025, agera i Johannesburg ku mugoroba wo kuri uwo munsi, bakomeza berekeza Mbombela mu Ntara ya Mpumalanga.
Ni urugendo bakoze mu byiciro bitatu kubera ubuke n’ubuto bw’indege zikora ingendo zaho, mu rugendo rw'iminota 35.
Biteganyijwe ko Amavubi azahurira mu mukino na Bafana Bafana uzaba ku wa kabiri, tariki ya 14 Ukwakira 2025.
Umukinnyi wa Benin yituye hasi, abaganga babanza kumukurikirana.
Ni mu gihe Nshuti Innocent wa Amavubi yari agerageje uburyo bwa mbere bw'ikipe y'Igihugu atera umutwe ku mupira uturutse kwa Kwizera Jojea, ariko unyura ku ruhande.
Mu rwego rwo gushyigikira Ikipe y'lgihugu "Amavubi" mu mukino igiye kwakiramo Benin, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, Rwanda Premier League yaguriye abafana amatike ibihumbi bibiri.
Ayo matike baraza kuyasanga ku muryango wa Stade Amahoro ureba kuri Controle technique.
Ikipe y'Igihugu Amavubi igiye gucakirana na Benin mu mukino ubanziriza uwa nyuma mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2026.
Ni umukino uratangira saa 18h z'umugoroba kuri Stade Amahoro.
Saa sita zuzuye, imiryango ya Stade iraba yamaze gufungurwa abafana b'inkwakuzi batangiye kwinjira, ni mu gihe kandi hateguwe umuziki n'indi myidagaduro kugirango abafana ntibicwe n'irungu.
Imiryango ya BK Arena na Zigams CSS niyo ikoreshwa ku bafite amatike y'ahasanzwe hose, mu gihe VIP na VVIP bakoresha Main Gate.
Abafana bahagera kare baragira amahirwe yo gutsindira ibihembo bitandukanye.
Umuvugizi w'abafana ba APR, Mugisha Frank “Jangwani” n'umunyamakuru wa Rayon Sports, Uwizeyimana Sylvestre “Wasili” batumiye urubyiruko rwitabiriye Gen-Z Comedy kwitabira ku bwinshi umukino w'Amavubi na Benin.
Uyu mukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 10 Ukwakira 2025.
Amakipe ya Rayon Sports na APR FC yemereye abafana amatike y'ubuntu yo kwinjira muri uyu mukino.
Jangwani yavuze ko uyu mukino ari amahirwe ya nyuma ku Amavubi.
Ati" Uyu mukino ni 'Do or Die' ni amahirwe navuga ya nyuma ku Amavubi mu rugendo rwo Gushaka itike y'Igikombe cy'Isi."
Mu rwego rwo gushyigikira İkipe y'igihugu y'Amavubi, ikipe ya Rayon Sports na APR FC zemereye abafana amatike yo kwinjira ku mukino uzahuza Amavubi na "Les Guépards" yo muri Benin.
Uyu mukino uzaba kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025, saa 18h00 kuri Amahoro Stadium.
Rayon Sports yaguriye abafana bayo amatike ibihumbi 7000, bazagera kuri Stade Amahoro mbere.
Abazahabwa aya matike bazinjirira ku muryango wa ZIGAMA CSS.
Ni mu gihe APR FC nayo yemereye abafana amatike ibihumbi 11,000, bo bakazinjirira kuri BK Arena.
Amahirwe rukumbi Amavubi asigaranye yo gukina Igikombe cy'Isi cya 2026, ni uko yayobora Itsinda C.
Kuba Amavubi yaba ku mwanya wa kabiri mu itsinda C ntacyo byayamarira kuko hari amakipe abiri kugeza ubu yarengeje amanota 17, u Rwanda rwo rwagira rutsinze Bénin na Afurika y'Epfo.
Amakipe 4 azaba aya kabiri mu matsinda, ni yo azishakamo imwe izakina "play-offs" mpuzamigabane.
Kugira ngo u Rwanda ruyobore Itsinda C birarusaba gutsinda imikino yarwo ibiri naho Bénin, Afurika y'Epfo na Nigeria bikagira aho bitsikira.
Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yasuye ikipe y'Amavubi aho ari mu mwiherero, aganiriza abakinnyi ndetse abibutsa ko gutsinda uyu mukino ari ingenzi cyane, bitari kuri bo gusa ahubwo ku Gihugu muri rusange.
Yabasabye kuzakinana umutima wuzuye ishema no gukunda Igihugu, nta gitutu, abibutsa ko igihugu cyose kibashyihikiye, maze abasaba kuzatanga ingufu zabo zose.
Kuri uyu wa gatatu, Amavubi yakoze imyitozo ibanziriza iya nyuma yitegura umukino wo ku wa Gatanu, ubwo izaba icakirana na Benin mu mukino wa 9 wo gushaka itike yerekeza mu Gikombe cy'Isi cya 2026.
Imyitozo y'uyu munsi yagaragayemo umukinnyi Muhire Kevin usanzwe ukinira ikipe ya Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo n'abandi nka Kwizera Jojea na Ishimwe Anicet
Muhire Kevin yari yaratinze kuza mu myitozo y'Amavubi kubera ko ikipe asanzwe akinira yari yagize umukino utunguranye maze abanza kuwukina.
Umuhanzi Riderman ni umwe mu bazasusurutsa abazitabira umukino uzahuza ikipe y'Igihugu y'Amavubi na Benin, mu gushaka itike yerekeza mu Gikombe cy'Isi cya 2026.
Si uyu muhanzi gusa kuko azaba ari kumwe n'abavangamizi bagezweho mu Mujyi wa Kigali, aribo DJ Pyfo ndetse na DJ Toxxyk.
Uyu mukino uteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 10 Ukwakira 2025, uzatangira saa 18:00 z'umugoroba muri Stade Amahoro.
Rutahizamu wa Marine FC, Mbonyumwami Thaiba, yongewe mu Amavubi asimbuye Joy-Lance Mickels wavunitse.
Ku wa mbere, tariki ya 6 Ukwakira 2025, ni bwo ikipe ya Sabah FK isanzwe ikinamo Joy-Lance Mickels yatangaje ko uyu mukinnyi yagiriye imvune mu mukino w’Umunsi wa Karindwi wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere cya Shampiyona ya Azerbaijan.
Uyu rutahizamu yavunitse nyuma yo kugongana n’umunyezamu wa FK Karvan Evlakh, Kamran Ibrahimov.
U Rwanda ruritegura gukina na Bénin ku wa Gatanu, mu mukino w’Umunsi wa Cyenda wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.
Ishyirahamwe ry'Umukino w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, yashyiriyeho Tombola abakunzi ba ruhago bazitabira umukino uzahuza Amavubi na Benin, ku wa Gatanu, tariki ya 10 Ukwakira 2025, kuri Stade Amahoro, mu gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya 2026.
Iyi tombola izakorwa muri ubu buryo, aho imiryango ya sitade izafungurwa saa sita zuzuye z'amanywa (12:00 PM), tombola ibanziriza umukino itangire saa kumi z'umugoroba (4:00 PM).
Abafana bazahagera hakiri kare bazahabwa amahirwe yo gutsindira imyambaro yemewe (Official jersey) y'Amavubi ndetse n'imipira yo gukina mbere y'uko umukino utangira.
Kuri uyu wa Kabiri, Ikipe y'Igihugu y'Amavubi yakoze imyitozo ya mbere yitegura umukino w’umunsi wa cyenda mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.
Uyu mukino uzayihuza na Bénin, ku wa Gatanu, tariki ya 10 Ukwakira, saa 18:00 muri Stade Amahoro.
Ni imyitozo yakozwe n’abakinnyi bamaze kugera mu mwiherero barimo abakina hanze y’u Rwanda nka Imanishimwe Emmanuel “Mangwende”, Mugisha Bonheur, Manzi Thierry na Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu, Bizimana Djihad.