sangiza abandi

Amavubi atsinzwe na Afurika y’Epfo ibitego 3-0

sangiza abandi

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi isigaje imikino ibiri mu rugamba rwo gushaka itike iyerekeza mu Gikombe cy’Isi cya 2026, kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Muri iyi mikino ibiri, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda izakina na Benin mu mukino uzabera kuri Stade Amahoro, ku wa Gatanu tariki ya 10 Ukwakira 2025, yongere guhura na Afurika y’Epfo ku wa Kabiri w’Icyumweru gitaha, tariki ya 14 Ukwakira 2025.

Ikipe y’igihugu Amavubi ni aya 4 mu Itsinda C ririmo Benin iyoboye n’amanota 14, Afurika y’Epfo ya kabiri n’amanota 14, Nigeria ya gatatu n’amanota 11 aho inganya n’u Rwanda, Lesotho ifite 9 na Zimbabwe ya nyuma ifite 4.

U Rwanda kugirango rwerekeze mu Gikombe cy’Isi rurasabwa gutsinda imikino yombi rusigaje, kuko mu gihe rwatsinda Benin banganya amanota, hagasigara umukino wa nyuma bazahuramo na Afurika y’Epfo.

Urugendo rw’Amavubi mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, rwatangiriye i Huye tariki 15 Ugushyingo 2023, ubwo yakinaga na Zimbabwe bikanganya 0-0.

Imikino yakomeje muri Kamena 2024, mu mukino wa Gatandatu, ari nabwo Amavubi yatakaje umukino wa mbere atsinzwe na Benin igitego 1-0, ariko kuwa 11 Kamena 2024, Amavubi yongera gutsinda yari yakiriye igitego 1-0.

Kuva ubwo Amavubi yongeye gutsinda ku wa 9 Nzeri 2025, atsinze Zimbabwe 1-0.

Muri rusange mu mikino umunani ikipe y’u Rwanda imaze gukina, yatsinze imikino itatu, anganya ibiri, itsindwa itatu.

Photos:

Live Updates
22:12 GMT+0200

Afurika y'Epfo isubiye mu gikombe cy'Isi , Ni mugihe Nigeria iguye munsi y'urugo

imikino y'umunsi wa 10 mu itsinda C mu gushaka itike y'Igikombe cy'Isi ishyizweho akadomo aho isize ikipe y'Igihugu ya Afurika y'Epfo iyoboye itsinda n'amanota 18, ni mugihe Nigeria yatsinze Bénin ibitego 4-0 isoje urugendo rwayo ifite amanota 17, ku rundi ruhande Bénin isoreje ku mwanya wa gatatu n'amanota 17 aho irushwa ibitego izigamye na Nigeria.

Amavubi asoje uru rugendo afite amanota 11, n'umwenda w'ibitego 4, ni mugihe Zimbabwe ariyo yanyuma muri iri tsinda ry'amakipe 6 aho ifite amanota 5 yonyine.

21:57 GMT+0200

Umukino urarangiye, Afurika y'Epfo isubiye mu gikombe cy'Isi yaherukagamo muri 2010

Umukino wahuzaga Afurika y'Epfo n'u Rwanda urangiye ikipe y'Igihugu ya Afurika y'Epfo itsinze u Rwanda ibitego 3-0

Afurika yepfo yaherukaga mu gikombe cy'Isi ubwo yari yacyacyiriye mu mwaka w'i 2010, ni mugihe ku rundi ruhande Nigeria yatsinze Bénin ibitego 4-0 ariko ntacyo biyifashije kuko u Rwanda rutsinzwe na Afurika y'Epfo

21:53 GMT+0200

Nigeria itsinze igitego cya 4

Nigeria iri mu itsinda rimwe n'u Rwanda, irimo gutsinda yihaniza cyane ikipe y'Igihugu ya Bénin, ni igitego gitsinzwe na Frank Onyeka ku munota wa 90+1 , ku mupira mwiza uhinduwe na Moses Simon.

21:47 GMT+0200

Gusimbuza ku mpande zombi

Ku ruhande rw'Afurika y'Epfo, Evidence Makgopa ahaye umwanya Ashley Cupido, ni mugihe ku ruhande rw'u Rwanda, Kapiteni Djihad Bizimana ahaye umwanya Darryl Nkulikiyimana

21:42 GMT+0200

Umukino winjiye mu minota 5 ya nyuma

Afurika y'Epfo yamaze kwizera gutsinda uyu mukino ndetse igahita inakatisha itike yo gukina igikombe cy'Isi cya 2026, ibitego 3 ku busa, ibigaragarira amaso nta bushobozi bwo kwishyura ibi bitego Amavubi afite.

21:32 GMT+0200

Afurika y'Epfo itsinze igitego cya gatatu

Ku munota wa 72 w'umukino, Bafana Bafana itsinze igitego cya gatatu kivuye ku mupira w'umuterekano wa koroneli utewe neza cyane na Oswin Appollis , maze Evidence Makgopa aterekaho umutwe igitego cya gatatu cyiba kiranyoye.

21:30 GMT+0200

Gusimbuza ku ruhande rw'Amavubi

Rutahizamu Biramahire Abeddy asimbuye rutahizamu mugenzi we, Nshuti Innocent, ni mugihe Aly Enzo Hamon asimbuye myugariro Niyomugabo Claude.

Umukino ugeze ku munota wa 71 bikaba bikiri ibitego 2 bya Afurika y'Epfo ku busa bw'u Rwanda.

21:15 GMT+0200

Victor Osimhen atsinze igitego cya 3 cya Nigeria

Rutahizamu w'ikipe y'Igihugu ya Nigeria, Victor James Osimhen atsinze igitego cya gatatu cya Nigeria mu mukino iri gukinamo na Benin, gusa nubwo Nigeria irimo gutsinda ntacyo biraza kuyifasha mu gihe cyose Afurika y'Epfo iraza gusoza umukino itsinze u Rwanda.

21:11 GMT+0200

Gusimbuza ku ruhande rw'Amavubi

Myugariro ukina ku ruhande rw'ibumoso inyuma, Emmanuel Imanishimwe "Mangwende" asimbuye, Kwizera Jojea

21:08 GMT+0200

Igice cya kabiri cy'umukino kiratangiye

Amakipe yombi agarutse mu gice cya kabiri aho ari ihurizo rikomeye ku bakinnyi b'Amavubi basabwa kuza kurebako bakwishyura ibitego 2 batsinzwe mu gice cya mbere, ni mugihe Afurika y'Epfo igiye gukina igice cya kabiri irebako yakongera umubare w'ibitego itsinda Amavubi.

20:52 GMT+0200

Igice cya mbere cy'umukino kirarangiye

Igice cya mbere cy'umukino urimo guhuza Afurika y'Epfo n'u Rwanda kirarangiye aho Bafana Bafana bagiye kuruhuka bari imbere n'ibitego bibiri ku busa batsinze Amavubi.

Igice cya mbere cyaranzwe no kwiharira umukino ku ruhande rw'ikipe ya Afurika y'Epfo aho byanayibyariye umusaruro w'ibitego 2-0 yatsinze u Rwanda.

ibitego bya Afurika y'Epfo byatsinzwe na Thalente Mbatha ku munota wa 5, ni mugihe Oswin Appollis yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 26

20:44 GMT+0200

Victor Osimhen atsindiye Nigeria igitego cya kabiri

Nigeria iri mu itsinda rimwe n'u Rwanda ikomeje gutsinda yihaniza bikomeye ikipe y'Igihugu ya Benin, ku munota wa 37 rutahizamu Victor Osimhen atsinze igitego cya kabiri, n'ubundi ni ku mupira mwiza aherejwe na Samuel Chukwueze

Nubwo Nigeria irimo gutsinda ntacyo biraza kuyifasha mu gihe cyose Afurika y'Epfo iraza gusoza umukino itsinze u Rwanda

20:30 GMT+0200

Afurika y'Epfo itsinze igitego cya kabiri

Bafana Bafana itsinze igitego cya kabiri, gitsinzwe na Oswin Reagan Appollis ku mupira ateye Ntwari Fiacre ananirwa kuwukuramo, ku munota wa 26 w'umukino Afurika y'Epfo yanditse igitego cyayo cya kabiri ari nako yongera ibyiringiro byo kujya mu gikombe cy'Isi cya 2026.

20:22 GMT+0200

Nigeria iri mu itsinda rimwe n'Amavubi nayo yafunguye amazamu

ikipe y'Igihugu ya Nigeria "The super Eagles" yamaze gufungura amazamu, ku gitego gitsinzwe na rutahizamu Victor Osimhen ku mupira mwiza ahawe na mugenzi we Samuel Chukwueze ku munota wa 3 w'umukino.

kugirango Nigeria ibashe gukatisha itike y'igikombe cy'Isi irasabwa kuza gutsinda ibitego birenze bibiri ariko ikanareba ko u Rwanda rudatsindwa na Afurika y'Epfo.

20:10 GMT+0200

Afurika y'Epfo ifunguye amazamu

Ikipe y'Igihugu ya Afurika y'Epfo "Bafana Bafana" imaze gufungura amazamu, ku munota wa 5 w'umukino, ni igitego gitsinzwe na nomero 5, Thalente Mbatha, ku ishoti riremereye ateye umuzamu Ntwari Fiacre ananirwa kugarura umupira.

19:57 GMT+0200

Abakinnyi bamaze kugera mu kibuga

Abakinnyi bari kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu bitegura gutangira gukina.

Ni umukino wa 10 wo Gushaka itike y'Igikombe cy'Isi.

Impinduka zabayemo ni uko kuri nimero ya 2 uwitwa Kavita yasimbuwe na Byiringiro Gilbert

19:53 GMT+0200

Abakinnyi 11 babanjemo mu kibuga mukino w'Amavubi na Bafana Bafana

Abakinnyi 11 umutoza Adel Amrouche yabanje mu kibuga ni

1 Ntwari Fiacre
17 Manzi Thierry
5 Mutsinzi Ange
8 Byiringiro Jean Gilbert
2 Niyomugabo Claude
12 Mugisha Gilbert
15 Mugisha Bonheur
4 Bizimana Djihad
11 Muhire Kevin
22 Kwizera Jojea
19 Nshuti Innocent

19:00 GMT+0200

Amavubi yitegura Bafana Bafana yageze kuri Stade iri buberemo umukino

Ikipe y'Igihugu, Amavubi yamaze kugera muri Stade ya Mbombela, aho agiye gukina n'ikipe y'Igihugu ya Afurika y’Epfo, mu mukino wa 10 wo Gushaka itike y'Iigikombe cy'Isi cya 2026.

Ni umukino uri butangire saa 18:00, ku isaha ya Kigali.

Kugeza ubu Amavubi ni aya 5 mu itsinda C, aho gutsindwa uyu mukino byatuma asoza ku mwanya ubanziriza uwa nyuma.

Ni mu gihe Afurika y'Epfo yo isabwa gutsinda kugirango yizere itike y'igikombe cy'Isi mu gihe Benin yatakaza umukino.

Muri iri tsinda C Benin niyo iyoboye n'amanota 17, iri gukina na Nigeria ubu iri ku mwanya wa gatatu n'amanota 14.

Benin niyo ihabwa amahirwe menshi yo kwerekeza mu Gikombe cy'Isi cya 2026.

08:30 GMT+0200

Myugariro Phanuel Kavita ntabwo ari bukine umukino w'Amavubi

Myugariro w'ikipe y'Igihugu y'Amavubi, Phanuel Kavita ntabwo ari mu bakinnyi bashoje imyitozo ya nyuma yabaye ku wa Mbere, byitezwe ko adakina umukino uri buhuze Amavubi na Bafana Bafana yo muri Afurika y'Epfo kuri uyu wa Kabiri.

23:00 GMT+0200

Amavubi yakoze imyitozo ya nyuma

Ikipe y’Igihugu, Amavubi, yakoze imyitozo ya nyuma kuri Mbombela Stadium mu Mujyi wa Mbombela mu Ntara ya Mpumalanga aho izakirirwa na Afurika y'Epfo mu mukino w’umunsi wa 10 wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Uyu mukino uzaba ku wa Kabiri, tariki 14 Ukwakira 2025, 18h00 ku isaha y’i Kigali.

23:00 GMT+0200

Amavubi yakoze imyitozo yitabiriwe na Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice

Amavubi yakoze imyitozo ya mbere yo mu kibuga muri Afurika y'Epfo aho ari kwitegura umukino azahuriramo n'ikipe y'Igihugu ya Afurika y'Epfo, Bafana Bafana.

Amavubi yakoreye imyitozo kuri Ekabokwami Stadium mu Mujyi wa Mbombela mu Ntara ya Mpumalanga muri Afurika y'Epfo, ikaba yitabiriwe na Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice n'umutoza Adel Amrouche.

00:00 GMT+0200

Amavubi akigera muri Afurika y'Epfo yahise atangira imyitozo

Abakinnyi b'ikipe y'Igihugu Amavubi bakigera muri Afurika y'Epfo ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu bahise batangira imyitozo, aho bagaragaye bari muri 'Gym'.

Bari kwitegura umukino bazahuriramo n'ikipe ya Bafana Bafana, ku wa kabiri tariki ya 14 Ukwakira 2025, ku isaha ya saa 18:00 ku isaha y'i Kigali.

20:00 GMT+0200

Amavubi yageze muri Afurika y'Epfo

Ikipe y'Igihugu Amavubi yageze i Johannesburg muri Afurika y'Epfo aho yitegura guhurira mu mukino wa nyuma wo Gushaka itike y'Igikombe cy'Isi na Bafana Bafana yo muri iki gihugu.

Amavubi yahagurutse i Kigali, ku Gicamunsi cyo ku wa Gatandatu, tariki ya 11 Ukwakira 2025, agera i Johannesburg ku mugoroba wo kuri uwo munsi, bakomeza berekeza Mbombela mu Ntara ya Mpumalanga.

Ni urugendo bakoze mu byiciro bitatu kubera ubuke n’ubuto bw’indege zikora ingendo zaho, mu rugendo rw'iminota 35.

Biteganyijwe ko Amavubi azahurira mu mukino na Bafana Bafana uzaba ku wa kabiri, tariki ya 14 Ukwakira 2025.

Amavubi azakina na Bafana Bafana, tariki ya 14

22:05 GMT+0200

Umukino urangiye Amavubi atsinzwe igitego 1-0

Ikipe y'u Rwanda Amavubi itsinzwe igitego 1-0 n'ikipe ya Benin, mu mukino wa 9 wo gushaka itike yerekeza mu Gikombe cy'Isi cya 2025.

Ikipe y'u Rwanda ibuze amahirwe yose ayerekeza mu Gikombe cy'Isi.

Amavubi asigaje umukino wa nyuma ubwo azaba ahura na Afurika y'Epfo, akaba azerekeza muri iki gihugu ku munsi w'ejo ku wa Gatandatu.

21:58 GMT+0200

Benin ibonye koroneri

Ikipe y'igihugu ya Benin ibonye koroneri.

Ni mu gihe mu yindi mikino Afurika y'Epfo nayo imaze guhabwa ikarita y'umutuku.

Umukino w'aya makipe urangiye Afurika y'Epfo na Zimbabwe ari 0-0.

21:56 GMT+0200

Amavubi arasimbuje

Umutoza w'Amavubi asimbuje Nshuti Innocent ashyiramo Biramahire Abeddy.

Umukino wa Nigeria na Lesotho urangiye Nigeria itsinze ibitego 2-1, igira amanota 14 ku mwanya wa gatatu.

21:48 GMT+0200

Benin itsinze Amavubi igitego cya mbere

Ikipe y'igihugu ya Benin itsinze igitego cya mbere.

Tosin Ajyegun ateretsemo igitego cya mbere biturutse mu guhagarara nabi kwa myugariro wa Amavubi.

Uyu mukinnyi asanzwe akiniri ikipe yo muri Cote d'Ivoire.

21:40 GMT+0200

Benin ibonye koroneri ariko umupira urarenga

Ikipe y'Igihugu ya Benin ibonye koroneri, ariko umukinnyi wayo arenza umupira.

Ikipe ya Benin iri gukina neza.

Mu yindi mikino yo mu itsinda C, Lesotho nayo ibonye igitego.

21:29 GMT+0200

Amavubi amaze guhusha igitego inshuro ebyiri

Niyomugabo Claude arase igitego cy'Amavubi ku mupira mwiza yarateye mu rubuga rw'amahina ukurwamo n'umunyezamu Marcel Dandjinou, Nshuti Innocent ahita ararira.

Mugisha Gilbert nawe yahawe umupira mwiza awufungira mu rubuga rw'amahina, ariko ananirwa kuwukina, awusubiza inyuma.

Mu yindi mikino yo mu itsinda C, Nigeria imaze gutsinda Lesotho igitego cya 2-0.

21:21 GMT+0200

Benin ihombye igitego

Umukinnyi wa Benin, Andreas Hountondji ahombye igitego mu rubuga rw'amahina nyuma y'uko Tosin Ajyegun ananiwe kuwakira ukarenga ukajya ku ruhande.

Ku rundi ruhande mu itsinda C, ikipe ya Zimbambwe ihawe ikarita y'umutuku.

21:18 GMT+0200

Umukinnyi w'Amavubi n'uwa Benin barashwanye

Mugisha Bonheur na Steve Mounie baragonganye, kapiteni wa Benin ashaka kurwanya uyu mukinnyi wa Amavubi.

Umusifuzi yahise ahamagaza Mounie aramwihanangiriza.

21:13 GMT+0200

Igice cya kabiri cy'umukino kiratangiye

Abakinnyi b'amakipe yombi bagarutse mu kibuga, Tosin Ajyegun asimbuye Jose Dossou ku ruhande rwa Benin.

Mu yindi mikino yo mu itsinda C, Nigeria imaze gutsinda Lesotho igitego 1-0, ihise igira amanota 14.

21:02 GMT+0200

Amavubi n'ikipe ya Benin bisanzwe biziranye

Ntabwo ari ku nshuro ya mbere ikipe y'Igihugu y'Amavubi ihuye na Benin.

Bagiye bakinana imikino myinshi muri uru rugendo rwo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya 2026.

Benin nayo yaje yiteguye nubwo idakeneye ibitego byinshi imbere y'Amavubi, icyo ikeneye ni ukubona igitego kimwe kiyongerera amanota.

20:52 GMT+0200

Igice cya mbere cy'umukino kirangiye ari 0-0.

Umusifuzi wa Kane, Ahmed Nagy Mosa Mahmoud, yerekanye iminota itatu y'inyongera.

Igice cya mbere cy'umukino kirangiye hagati y'Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda ndetse na Benin ari 0-0.

Abakinnyi b'amakipe yombi bagiye mu kiruhuko.

20:50 GMT+0200

Habimana Djihad ateye ishoti ryari kubyara igitego

Bizimana Djihad ateye ishoti, umunyezamu Marcel Dandjinou aragoboka arawufata.

Amavubi Coup Franc y'ikipe y'u Rwanda, iri ahantu heza, gusa umuzamu wa Benin arayifata.

Indi mikino yo mu itsinda C, Lesotho na Nigeria bigiye kuruhuka ibitego bikiri 0-0.

Ni mu gihe Afurika y'Epfo na Zimbambwe nazo zigiye kuruhuka ari 0-0.

20:46 GMT+0200

Umukuru w'Igihugu Perezida Paul Kagame yitabiriye umukino w'Amavubi na Benin

Perezida Paul Kagame yinjiye muri Stade Amahoro, aho aje gushyigikira Amavubi mu mukino ukurikira uwa nyuma mu gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya 2026.

20:35 GMT+0200

Benin ibonye koroneri

Ikipe y'Igihugu ya Benin ibonye koroneri ya mbere mu mukino.

Iminota 30 y'umukino biracyari 0-0 ku mpande zombi.

Amakipe yombi ari kunyuzamo akagerageza uburyo ariko cyane ku ruhande rw'Amavubi.

20:22 GMT+0200

Manzi Thierry atakaje umupira

Myugariro Manzi Thierry akoze amakosa atakaza umupira mu bwugarizi (imbere y'umuzamu), gusa abasore ba Benin ntibabashije kubyaza ayo mahirwe igitego.

Ni mu gihe Dodo Dokou ahawe ikarita y'umuhondo nyuma yo gukinira nabi Bizimana Djihad hagati mu kibuga.

20:20 GMT+0200

Amavubi ari kugaragaza inyota yo gutsinda igitego

Ikipe y'Igihugu Amavubi ikomeje kwiharira umupira ari nako anyuzamo agasatira izamu rya Benin.

Mutsinzi Ange yaragerageje uburyo bukomeye bw'ishoti riremereye, umupira uca hejuru y'izamu gato.

20:15 GMT+0200

Hari indi mikino yo mw'itsinda C iri kuba

Mu gihe Amavubi ari gukina n'Ikipe y'igihugu ya Benin.

Mu itsinda C, Lesotho iri gukina na Nigeria ni mu gihe Zimbabwe yo iri gukina na Afurika y'Epfo.

Tubibutsa ko kugirango Amavubi abone itike yerekeza mu Gikombe cy'Isi ari uko aya makipe yandi atakaza imikino.

20:14 GMT+0200

Umukinnyi wa Benin yituye hasi, Nshuti Innocent agerageza uburyo

Umukinnyi wa Benin yituye hasi, abaganga babanza kumukurikirana.

Ni mu gihe Nshuti Innocent wa Amavubi yari agerageje uburyo bwa mbere bw'ikipe y'Igihugu atera umutwe ku mupira uturutse kwa Kwizera Jojea, ariko unyura ku ruhande.

20:00 GMT+0200

Abakinnyi b'amakipe yombi bari kwinjira mu kibuga

Abakinnyi b'Amavubi n'ikipe y'Igihugu ya Benin bari kwinjira mu kibuga.

Hakurikiyeho indirimbo yubahira igihugu ya Benin, ikurikiwe n'indirimbo y'igihugu y'u Rwanda.

Umusifuzi ni umunya Egypt, Maarouf Eid M, niwe uyoboye umukino.

19:45 GMT+0200

Abakinnyi babanje kwishyushya mbere yo kwinjira mu mukino

Abakinnyi b'ikipe y'Igihugu Amavubi babanje kwishyushya mbere yo kwinjira mu mukino nyirizina bafitanye na Benin.

Umukino wagombaga gutangira ku isaha ya 18h muri Stade Amahoro.

Abakinnyi b'Amavubi muri uyu mukino ni;

1 Ntwari Fiacre (GK)
17 Manzi Thierry
5 Mutsinzi Ange
14 Kavita Phanuel
2 Niyomugabo Claude
12 Mugisha Gilbert
15 Mugisha Bonheur
4 Bizimana Djihad (C)
11 Muhire Kevin
22 Kwizera Jojea
19 Nshuti Innocent

16:30 GMT+0200

Rwanda Premier League yaguriye abafana b'Amavubi amatike

Mu rwego rwo gushyigikira Ikipe y'lgihugu "Amavubi" mu mukino igiye kwakiramo Benin, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, Rwanda Premier League yaguriye abafana amatike ibihumbi bibiri.

Ayo matike baraza kuyasanga ku muryango wa Stade Amahoro ureba kuri Controle technique.

15:00 GMT+0200

Minisitiri Mukazayire yahamagariye abafana gushyigikira Amavubi

Tubahe Vibes nabo baduhe ibitego:

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yahamagariye abafana kuza ku bwinshi kuri Stade Amahoro bagashyigikira Amavubi

Ni ubutumwa yanyujije ku rubuga rwa X, mu gihe uyu mukino w'u Rwanda na Benin ubura amasaha abarirwa ku ntoki ngo utangire.

Mu butumwa bwe yagize ati "Waramutse Rwanda! Ni mu kanya gato tugahurira kuri Stade Amahoro dufana ikipe yacu y'Amavubi, muze muri benshi tubatize umurindi tubaha vibes nabo baduhe ibitego ubundi u Rwanda rweme."

12:00 GMT+0200

Wa munsi wageze , Amavubi agiye gucakirana na Benin

Ikipe y'Igihugu Amavubi igiye gucakirana na Benin mu mukino ubanziriza uwa nyuma mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2026.

Ni umukino uratangira saa 18h z'umugoroba kuri Stade Amahoro.

Saa sita zuzuye, imiryango ya Stade iraba yamaze gufungurwa abafana b'inkwakuzi batangiye kwinjira, ni mu gihe kandi hateguwe umuziki n'indi myidagaduro kugirango abafana ntibicwe n'irungu.

Imiryango ya BK Arena na Zigams CSS niyo ikoreshwa ku bafite amatike y'ahasanzwe hose, mu gihe VIP na VVIP bakoresha Main Gate.

Abafana bahagera kare baragira amahirwe yo gutsindira ibihembo bitandukanye.

08:00 GMT+0200

Jangwani na Wasili batumiye urubyiruko rwa Gen-Z mu mukino w'Amavubi

Umuvugizi w'abafana ba APR, Mugisha Frank “Jangwani” n'umunyamakuru wa Rayon Sports, Uwizeyimana Sylvestre “Wasili” batumiye urubyiruko rwitabiriye Gen-Z Comedy kwitabira ku bwinshi umukino w'Amavubi na Benin.

Uyu mukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 10 Ukwakira 2025.

Amakipe ya Rayon Sports na APR FC yemereye abafana amatike y'ubuntu yo kwinjira muri uyu mukino.

Jangwani yavuze ko uyu mukino ari amahirwe ya nyuma ku Amavubi.

Ati" Uyu mukino ni 'Do or Die' ni amahirwe navuga ya nyuma ku Amavubi mu rugendo rwo Gushaka itike y'Igikombe cy'Isi."

Wasili nawe yavuze ko ariyo mpamvu Abanyarwanda bose batumiwe kuzakurikira uyu mukino uzandikira amateka Amavubi.

Ati" Buri Muturarwanda wese ube ufite umukunzi, ube ufite umubyeyi, umupira wa Djihad n'uwa Muhire Kevin nabyo ubwabyo byavura amaso."

Uyu mukino urabera kuri Stade Amahoro, uratangira ku isaha ya saa 18h z'umugoroba.

00:00 GMT+0200

Rayon Sports na APR FC zemereye abafana amatike y'ubuntu ku mukino w'Amavubi

Mu rwego rwo gushyigikira İkipe y'igihugu y'Amavubi, ikipe ya Rayon Sports na APR FC zemereye abafana amatike yo kwinjira ku mukino uzahuza Amavubi na "Les Guépards" yo muri Benin.

Uyu mukino uzaba kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025, saa 18h00 kuri Amahoro Stadium.

Rayon Sports yaguriye abafana bayo amatike ibihumbi 7000, bazagera kuri Stade Amahoro mbere.

Abazahabwa aya matike bazinjirira ku muryango wa ZIGAMA CSS.

Ni mu gihe APR FC nayo yemereye abafana amatike ibihumbi 11,000, bo bakazinjirira kuri BK Arena.

22:00 GMT+0200

Kapite w'Amavubi, Djihad Bizimana yijeje abafana intsinzi

Kapiteni w’ikipe y’Igihugu Amavubi, Djihad Bizimana, yijeje Abanyarwanda intsinzi mu mukino izahuriramo na Benin ku wa Gatanu.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro n'itangazamakuru cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 9 Ukwakira 2025.

Bizimana yavuze ko Bénin basanzwe baziranye bityo ko nk’abakinnyi bazakora ibishoboka byose ngo babone intsinzi, cyane ko bazaba bari mu rugo.

Yakomeje avuga ko abakinnyi bameze neza kandi biteguye gutanga ibyo bafite byose kuri uyu mukino.

Ati" Tumeze neza abakinnyi bose nta mvune bafite twiteguye gutanga imbaraga zose ngo tuzatsinde uyu mukino."

17:30 GMT+0200

Amavubi yashoje imyiteguro yitegura umukino wa Benin

Ikipe y'Igihugu Amavubi yasoje imyitozo ya nyuma mbere y'uko ku munsi w'ejo ku wa Gatanu bacakirana na Benin.

Iyi myitozo yabereye muri Stade Amahoro yanarebwe na Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice.

Amavubi yiteguye umukino izahuriramo n'Ikipe y'Igihugu ya Benin ku munsi w'Ejo ku wa Gatanu, tariki ya 10 Ukwakira 2025.

12:13 GMT+0200

Dore amahirwe rukumbi Amavubi asigaranye yo gukina Igikombe cy'Isi cya 2026

Amahirwe rukumbi Amavubi asigaranye yo gukina Igikombe cy'Isi cya 2026, ni uko yayobora Itsinda C.

Kuba Amavubi yaba ku mwanya wa kabiri mu itsinda C ntacyo byayamarira kuko hari amakipe abiri kugeza ubu yarengeje amanota 17, u Rwanda rwo rwagira rutsinze Bénin na Afurika y'Epfo.

Amakipe 4 azaba aya kabiri mu matsinda, ni yo azishakamo imwe izakina "play-offs" mpuzamigabane.

Kugira ngo u Rwanda ruyobore Itsinda C birarusaba gutsinda imikino yarwo ibiri naho Bénin, Afurika y'Epfo na Nigeria bikagira aho bitsikira.

23:05 GMT+0200

Perezida wa FERWAFA yasuye Amavubi mu mwiherero

Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yasuye ikipe y'Amavubi aho ari mu mwiherero, aganiriza abakinnyi ndetse abibutsa ko gutsinda uyu mukino ari ingenzi cyane, bitari kuri bo gusa ahubwo ku Gihugu muri rusange.

Yabasabye kuzakinana umutima wuzuye ishema no gukunda Igihugu, nta gitutu, abibutsa ko igihugu cyose kibashyihikiye, maze abasaba kuzatanga ingufu zabo zose.

20:30 GMT+0200

Muhire Kevin yagaragaye mu myitozo y'Amavubi yitegura Benin

Kuri uyu wa gatatu, Amavubi yakoze imyitozo ibanziriza iya nyuma yitegura umukino wo ku wa Gatanu, ubwo izaba icakirana na Benin mu mukino wa 9 wo gushaka itike yerekeza mu Gikombe cy'Isi cya 2026.

Imyitozo y'uyu munsi yagaragayemo umukinnyi Muhire Kevin usanzwe ukinira ikipe ya Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo n'abandi nka Kwizera Jojea na Ishimwe Anicet

Muhire Kevin yari yaratinze kuza mu myitozo y'Amavubi kubera ko ikipe asanzwe akinira yari yagize umukino utunguranye maze abanza kuwukina.

17:19 GMT+0200

Abarimo Riderman na DJ Toxxyk bazasusurutsa abazitabira umukino w'Amavubi na Benin

Umuhanzi Riderman ni umwe mu bazasusurutsa abazitabira umukino uzahuza ikipe y'Igihugu y'Amavubi na Benin, mu gushaka itike yerekeza mu Gikombe cy'Isi cya 2026.

Si uyu muhanzi gusa kuko azaba ari kumwe n'abavangamizi bagezweho mu Mujyi wa Kigali, aribo DJ Pyfo ndetse na DJ Toxxyk.

Uyu mukino uteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 10 Ukwakira 2025, uzatangira saa 18:00 z'umugoroba muri Stade Amahoro.

20:50 GMT+0200

Mbonyumwami Thaiba yongewe mu Amavubi azahura na Benin

Rutahizamu wa Marine FC, Mbonyumwami Thaiba, yongewe mu Amavubi asimbuye Joy-Lance Mickels wavunitse.

Ku wa mbere, tariki ya 6 Ukwakira 2025, ni bwo ikipe ya Sabah FK isanzwe ikinamo Joy-Lance Mickels yatangaje ko uyu mukinnyi yagiriye imvune mu mukino w’Umunsi wa Karindwi wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere cya Shampiyona ya Azerbaijan.

Uyu rutahizamu yavunitse nyuma yo kugongana n’umunyezamu wa FK Karvan Evlakh, Kamran Ibrahimov.

U Rwanda ruritegura gukina na Bénin ku wa Gatanu, mu mukino w’Umunsi wa Cyenda wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

20:20 GMT+0200

FERWAFA yashyiriyeho Tombola abazitabira umukino w'Amavubi na Benin

Ishyirahamwe ry'Umukino w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, yashyiriyeho Tombola abakunzi ba ruhago bazitabira umukino uzahuza Amavubi na Benin, ku wa Gatanu, tariki ya 10 Ukwakira 2025, kuri Stade Amahoro, mu gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya 2026.

Iyi tombola izakorwa muri ubu buryo, aho imiryango ya sitade izafungurwa saa sita zuzuye z'amanywa (12:00 PM), tombola ibanziriza umukino itangire saa kumi z'umugoroba (4:00 PM).

Abafana bazahagera hakiri kare bazahabwa amahirwe yo gutsindira imyambaro yemewe (Official jersey) y'Amavubi ndetse n'imipira yo gukina mbere y'uko umukino utangira.

Mu gihe cy'ikiruhuko (half-time), abandi banyamahirwe bazegukana ibihembo by'amafaranga angana n'ibihumbi 100,000 Frw, 200,000 Frw, 300,000 Frw, 500,000 Frw n'igihembo nyamukuru cya miliyoni imwe y'Amafaranga y'u Rwanda.

Abanyamahirwe bazatsindira ibihembi ni abaguze amatike yabo bitarenze ku wa kane tariki 09 Ukwakira, mbere ya saa munani z'amanywa.

20:00 GMT+0200

Amavubi yatangiye imyitozo yitegura Benin

Kuri uyu wa Kabiri, Ikipe y'Igihugu y'Amavubi yakoze imyitozo ya mbere yitegura umukino w’umunsi wa cyenda mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Uyu mukino uzayihuza na Bénin, ku wa Gatanu, tariki ya 10 Ukwakira, saa 18:00 muri Stade Amahoro.

Ni imyitozo yakozwe n’abakinnyi bamaze kugera mu mwiherero barimo abakina hanze y’u Rwanda nka Imanishimwe Emmanuel “Mangwende”, Mugisha Bonheur, Manzi Thierry na Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu, Bizimana Djihad.

19:20 GMT+0200

Umukoro utegereje AMAVUBI ngo yerekeze mu gikompe cy'Isi cya 2026

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda kugirango yerekeze mu Gikombe cy'Isi cya 2026, irasabwa gutsinda imikino ibiri isigaje irimo uwo izahura na Benin ndetse na Afurika y'Epfo.

Imibare yakoroha kurushaho mu gihe aya makipe bahanganye nka Afurika y'Epfo na Benin yanganya cyangwa agatsindwa umwe mu mikino gusa utari uwo azahuriramo n'u Rwanda ndetse na Nigeria bikaba bityo ku mikino isigaje.

Ibi byose ariko bikanajyana no kuba Amavubi yazamura umubare w'ibitego.

Impamvu y'ibi nuko n'ubwo Amavubi yatsinda Benin na Afurika y'Epfo bishobora gukomeza kunganya amanota mu gihe Nigeria kuri ubu inganya n'u Rwanda yaba yatsinze imikino yayo, cyangwa Benin na Afurika y'Epfo zigatsinda indi mikino itari iyo zizahuriramo n'Amavubi.

Aha hahita harebwa umubare w'ibitego amakipe azigamye, n'ibyavuye mu mikino yabahuje.

Showing all 60 updates
Show Less
[fluentform id="3"]