Ibyihariye

Ubwo mu 2019, Rwakazina Marie Chantal wari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali,yahabwaga inshingano zo kuba Ambasaderi w'u Rwanda mu Busuwisi, agasigira inshingano Busabizwa Parfait wari Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe iterambere ry’Ubukungu kuyobora Kigali, yamusigiye umukoro wo kunoza ibijyanye n'ubwikorezi bwari bwarabaye ikibazo gikomeye ku ba Nyamujyi
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko adasobanukirwa neza impamvu ituma umubare w’abashakanye batandukana ukomeza kwiyongera mu rubyiruko
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bunamiye Intwari z'u Rwanda, banashyira indabo ku kimenyetso cy’ubutwari kiri ku Gicumbi cy'Intwari i Remera mu Mujyi wa Kigali.
Tariki 1 Gashyantare buri mwaka, u Rwanda rwizihiza Umunsi Mukuru w’Intwari z’Igihugu, aho Abanyarwanda bari mu gihugu no muhanga bahurira ahantu hatandukanye bazirikana ibikorwa byiza byaranze Intwari z’u Rwanda n’amasomo bavomamo mu rugamba rwo guteza imbere Igihugu.
Minisitiri w'Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yifatanyije n'abaturage bo mu karere ka Kayonza mu muganda Rusange usoza ukwezi kwa Mutarama 2026, abashimira ubutwari bagize bwo kwisanira umuhanda uhuza Umurenge wa Gahini na Mwiri yo muri aka karere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Mutarama 2026, yagiranye ibiganiro byihariye na Perezida w'Inama y'Abaminisitiri ya Togo akaba n’Umuhuza wungirije w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) mu kibazo cy'umutekano mu burasirazuba bwa DRC.
Guverinoma y’u Rwanda, ku bufatanye n'iya Singapore, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Mutarama 2026, batangiye kwakira ubusabe bw'abantu bafite imishinga y’indashyikirwa ijyanye no gushyira mu bikorwa amasezerano ibihugu byombi bifitanye, hibandwa ingingo ya gatandatu ku masezerano ya Paris ajyanye no kubungabunga ikirere .
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na MTN Rwanda, basinye amasezerano agamije guteza imbere ubumenyi bw’ikoranabuhanga mu burezi no guha urubyiruko ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo rigezweho
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yakuriye inzira ku murima Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) , isabira Ingabire Victoire Umuhoza kurekurwa , ayibutsa ko u Rwanda rutabyemera.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Mutarama 2026, muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yemeje ko Inama y'Igihugu y'Umushyikirano ugiye kongera kuba