Camille Ndikumana

Camille Ndikumana

Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Gasabo yafashe abagabo 2 bacuruza ikiyobyabwenge cy’urumogi, umwe w'imyaka 43 n'undi w'imyaka 40.Aba bafashwe ku manywa y'ihangu saa tanu z'amanywa kuri iki cyumweru bafatirwa bafatirwa mudugudu wa Ramba akagali ka Musave umurenge wa Bumbogo ho mu karere ka Gasabo.
Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu Habimana Dominique yifatanyije n'abaturage bo mu karere ka Kamonyi,mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwererane Olivier Nduhungirehe asaba urubyiruko kwiga ,gushaka imirimo kunga ubumwe mu kubaka igihugu no kukirinda abanzi bashaka kugisubiza mu icuraburindi.
Kuri uyu wa kane, tariki ya 23 Mata 2026, Ambasaderi w’U Rwanda mu gihugu cya Nigeria Moses Rugema, yashyikirije Perezida wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu,umuhango wabereye mu ngoro y’umukuru w’igihugu cya Nigeriya “Aso Rock Villa” iherereye mu murwa mukuru Abuja.
Kuri uyu wa Gatatu, muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko hibukwa abari abanyeshuri, abarimu n’abakozi b’iyahoze ari kaminuza nkuru y’u Rwanda (UNR).
Kuri uyu wa Gatatu muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi by’umwihariko hibukwa abari abanyeshuri,abarimu ,n’abakozi b’iyi kaminuza yahoze ari kaminuza nkuru y’u Rwanda UNR bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ihenda n’izamuka ry’igiciro cy’ubutaka hari abagaragaza ko rikomeje kuba ikibazo kibangamira abasore badafite amikoro ahagije, ibi bituma iyo bageze mu gihe cyo gushaka bashakira abagore mu nzu z’ababyeyi babo
Umunyarwandakazi Emeline Imanizabayo yegukana umudari wa Zahabu mu isiganwa mpuzamahanga rya Seven Hills Record Run ryabereye i Nijmegen mu Buholandi
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (National Institute of Statistics of Rwanda) cyatangaje ko mu mwaka wa 2025 handitswe gatanya 4,479 mu gihugu hose.
Kuri uyu wa Kane, ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Nyange mu karere ka Ngororero,abayobozi ,abaturage, inzego zinyuranye bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko hagarukwa ku bugome bwa padiri Athanase Seromba wishe abatutsi abasenyeyeho Kiliziya