Evode Dushime

Evode Dushime

Dushime Evode ni umunyamakuru ufite ubumenyi ndetse n'inyota nyinshi yo kongera ubwo afite. Ni umunyamakuru ukunda gucukumbura ndetse no gutangaza inkuru yizewe kandi ifitiye umumaro Umuryango mugari w'abasomyi ba Umunota. Com.Gladiator OG inkuru ze ziganje cyane mu myidagaduro, siporo, imvumburamatsiko ndetse n'izindi ngingo zifitanye isano n'amakuru nyayo.

Umunya – Ghana ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya APR FC, Dauda Yussif Seidu yatangaje ko yiteguye gukinira Amavubi mu gihe cyose yaba abisabwe.
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 04 Gicurasi 2026, nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije urubanza rw’ubujurire ku gihano cy’igifungo cy’imyaka itatu yakatiwe abarimo Umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien wamamaye nka Djihad na bagenzi be barimo Kalisa John, Ishimwe François Xavier na Kwizera Nestor ku byaha bakurikiranyweho byo gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano.
Nyampinga w’u Rwanda 2016, Miss Mutesi Jolly yerekanye ko atunze isakoshi igura akayabo ka miliyoni 10Frw z’amafaranga y’u Rwanda. Ni mu mafoto yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ze ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki ya 03 Gicurasi.
Umuhanzi Tomclose akaba n'Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gutanga amaraso mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, yifurije isabukuru nziza y'amavuko umugore we Niyonshuti Ange Tricia.
Umuhanzikazi Clarisse Karasira wubatse izina mu Muziki Nyarwanda ari mu byishimo byo kwizihiza  imyaka itanu amaze mu rushako ndetse n’isabukuru y’amavuko y’umugabo we Ifashabayo Sylvain Dejoie.
Umuraperi Ngenzi Serge wamamaye mu Muziki Nyarwanda by’umwihariko uwo mu njyana ya HipHop nka Neg G The General , yatangaje ko yisubiyeho ku mugambi wo gusohora indirimbo isubiza iya Riderman yari yacyetse ko yamwibasiye.
Umuhanzi The Ben ari kumwe n’umugore we Uwicyeza Pamella bari kubarizwa muri Zambia aho aba bombi biteganyijwe ko bazitabira igitaramo gikomeye umuhanzi Davido, azakorera i Lusaka ku wa Gatandatu tariki ya 02 Gicurasi 2026.
Umunyamakuru Rugemana Amena, wamamaye cyane nka 'Babu Rwanda' mu itangazamakuru ry'imyidagaduro mu Rwanda , yamaze gusezera mu kiganiro 'The Choice Live’, gitambuka ku muyoboro wa YouTube wa The Choice Live ndetse no ku Isibo TV.
Umukinnyi w’Umunyarwanda ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya Helges IF yo muri Suède, yatangaje ko yahimbiye indirimbo umugore we Iribagiza Joy bamaze imyaka irindwi basezeranye imbere y’amategeko.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ibikorwaremezo muri Ministeri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu yatumiwe mu gitaramo cy’urwenya cya Gen – Z Comedy Show , aho azaganiriza abazakitabira mu gice kizwi nka ‘Meet me Tonight’.