Guillaume NIYONKURU

Guillaume NIYONKURU

Kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nyakanga 2026, ikipe ya Rayon Sports y'abagore yatangiye imyitozo ku kibuga cya Skol mu Nzove isanzwe ikoreraho ndetse yakiriraho n'imikino, itangaza n'abakapiteni bayo bashya barangajwe imbere na Uwase Andersen.
Ishyirahamwe ry'umukino wa Basketball mu Rwanda, FERWABA, ryatangaje abakinnyi 12 mu bangavu n'abakinnyi 12 mu ngimbi, bazahagararira u Rwanda mu mikino y'Akarere ka 5 mu gushaka itike y'Igikombe cya Afurika cy'abatarengeje imyaka 18.Iyi mikino izabera i Cairo mu Misiri kuva tariki 23 Nyakanga kugeza 29 Nyakanga 2026.
Binta Fatoumata Bah wo muri Guinea ukina nk'umwataka (Outside Hitter) wakiniraga Kepler WVC yamaze kwerekeza mu ikipe ya DH Volleyball Baku yo muri Azerbaijan.
Ikipe ya Gorilla FC yatangaje ko yamaze gusinyisha umuzamu Cuzuzo Aimé Gaël amasezerano y'imyaka ibiri avuye mu ikipe ya Gasogi United yakiniraga.
Ikipe ya Mukura VS&L yatangaje ko yamaze gutandukana n'umutoza Tomáš Trucha ukomoka muri Repubulika ya Czech ku busabe bwe n'ubwo impande zombi zari zumvikanye ndetse uyu mutoza yageze no mu karere ka Huye, mu Ntara y'Amajyepfo kugira ngo atangire akazi.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no hagati, CECAFA, yashyize hanze ingengabihe y'uko imikino y'irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 izakinwa kuva tariki 24 Nyakanga kugeza tariki 7 Kanama 2026.Umukino uzahuza Vipers SC yo muri Uganda na FC Garde Republicaine yo muri Djibouti niwo uzabimburira indi ku wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2026 saa cyenda z'umugoroba muri Sitade Amahoro, ukurikirwe n'uzahuza APR FC na Gor Mahia FC yo muri Kenya uzatangira saa moya z'umugoroba.
Impera z'icyumweru gishize zasize hamenyekane amakipe 4 azakina imikino ya kamarampaka yishakamo ikipe izatwara igikombe cya Shampiyona y'Icyiciro cya mbere muri basketball mu bagabo ariyo Patriots BBC, APR BBC, REG BBC na RSSB Tigers, naho AZOMCO BBC na Inspired Generation zimanuka mu cyiciro cya kabiri.
Kuri iki Cyumweru tariki 19 Nyakanga 2026 nibwo Byiringo Patrick wari umukinnyi wa volleyball ukina hagati (Middle blocker) yasezeweho bwa nyuma ku irimbi rya Rugerero mu karere ka Rubavu, nyuma yo kwitaba Imana tariki 15 Nyakanga 2026 azize uburwayi bwa kanseri y'igifu ndetse n'ikipe ya Kepler VC yakiniraga ibika bya burundu nimero yambaraga ya 11.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye kubona intsinzi yaherukaga muri 2019 ku munsi w'Igikundiro 'Rayon Day' itsinda Gor Mahia FC yo muri Kenya ibitego 2-0 mu mukino wabereye muri Kigali Pele Stadium.
Umutoza w'amakipe y'Igihugu y'u Rwanda ya volleyball, umufaransa Frédéric Guérin, yahamagaye abakinnyi 21 bagiye gutangira imyitozo bitegura imikino y'Igikombe cya Afurika iteganyijwe kubera i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu kwezi gutaha.